UBUTUMWA BWA YEZU KRISTU, TARIKI 02 KANAMA 2023

Mbifurije kugubwa neza bana banjye kandi mbahaye amahoro ndetse n’umugisha ntore zanjye ntumwa zanjye nitoreye mwebwe bushyo bwanjye mpora iteka ndangaje imbere kandi mwebwe bushyo bwanjye mpora iteka nkumirira umwanzi nkakomeza kubacungira umutekano kandi nkakomeza kubitaho uko biri n’uko bikwiye, ndabaragiye rero mu rwuri rutoshye kandi mbaragiye mu rwuri rwanjye mpora iteka mbakenura uko bwije n’uko bukeye kandi urwuri mbaragiyemo ni urwuri rutoshye bana banjye rero namwe nimurishe neza bityo mushishe bityo muhore iteka mushishiye mu rwuri mpora iteka mbaragiyemo kandi mpora iteka mbuhira ku mariba y’amazi afutse y’urubogobogo mpora iteka mbuhiraho. Nimugubwe neza mwakire umugisha wanjye kandi mwakire umugisha wanjye nk’umukiza wanyu mbagabira umunsi ku wundi kandi mwakire urukundo rwanjye kuko iteka ryose mporana namwe mbavuburiraho urukundo rwanjye kandi nkabambika ububasha bwanjye kugira ngo murusheho kugubwa neza kandi murusheho gukataza mu by’ukwemera. Ntimugasubire inyuma kandi ntimukagamburuzwe umwanzi ntazigere abatera kugamburura ahubwo igihe cyose nimuhore mundangamiye kandi murangamire DATA bityo igihe cyose duhore tubatsindira kandi duhore iteka tubarwanirira kuko twebwe abo twarwaniriye baratsinda kandi ntawe tujya tureka kurwanirira yatwizeye kandi yadukurikiye.

Bana banjye rero narabahamagaye muranyitaba nanjye igihe cyose mumpamagaye ndabikiriza kuko ntabwo nabatera umugongo cyangwa ngo mbime umusaya bityo mumbwire ibyo mumbwiye byose mbatega umusaya kandi nkabatega amatwi yanjye bityo nkabumva bityo nkabamanurira ibisubizo by’ibibazo byanyu muba mwampereje kuko mfite byose mu biganza byanjye kandi nkaba ndebera hose icya rimwe. Mbahaye umugisha ndi Yezu Kristu w’i Nazareti kugira ngo mukomeze urugendo rwanyu kandi mukomere muhagarare gitwari kandi muhore iteka mutadandabirana muhore iteka munyubatseho kuko ndi inkingi ikomeye cyane kandi nkaba ndi urutare rudahirikwa. Nimukomeze rero munyizere kandi mukomeze mundangamire iteka ryose n’ibihe byose nanjye nkomeje kubibafashamo kubakomeza mu rugendo rwanyu mu kubaba hafi kugira ngo mpore iteka mbahigikira icyitwa ikibi. Mwese rero nkomeje gukomeza intambwe z’ibirenge byanyu kandi nkomeje kubitaho bwoko bwanjye kugira ngo mukomere kandi mukomeze mugubwe neza igihe cyose nanjye nzakomeza kubiragirira kandi nzakomeza kubiyoborera kuko ndi umukiza wanyu kandi nkaba ndi umucunguzi wanyu bushyo bwanjye nkaba narabitoreye nkabiyegereza nkabashyira muri uru rukari kugira ngo iteka ryose mpore ndubarindiramo kandi mpore iteka mbashingiramo ihema bityo muboneremo ubwugamo kandi mubonemo ubwikingo iteka ryose mbakumirire ikibi cyose cyashaka kubavuyanga no kuza kubavogera kuko murindiwe mu rukari kandi mukaba murindishijwe n’ububasha bwanjye iteka ryose ikiganza cyanjye kikaba kiza kubakenura kandi kigakubura kikigizayo ikintu icyo ari cyo cyose cyashaka kuza kubahindanya no kubavuya kandi icyashaka kubakura mu murongo icyo ari cyo cyose nkakigizayo kuko iteka ryose ntazigera ntuma mukorwa n’isoni cyangwa ngo mukorwe n’ikimwaro nzakomesha kubahesha ikuzo imbere y’abandi kandi n’imbere yanjye mukomeze kugaragara neza kandi nkomeze kubatambutsa aho benshi bari bazi ko mutatambuka bityo bajye babona murenga kandi mugurukira mu bubasha bwanjye kuko uwo nambitse wese araguruka kandi akagurukira mu bubasha bwanjye; nimukomere rero mukomeze mukataze ndi kumwe namwe ndabashyigikiye bushyo bwanjye kandi bana banjye nkoramutima zanjye niyegereje nimuze mugubwe neza muri jye kandi mukomeze munyizere muri byose kuko ntatenguha cyangwa ngo ntererane abaje bansanga igihe cyose mbatabara kandi nkabatabaza ubuvunyi bwanjye uburengezi bwanjye bukaba ubutagamburuzwa kandi bukaba ubutigizwayo iteka ryose n’ibihe byose nkakomeza kubungabunga ubuzima bwanyu yaba ubwa roho ndetse n’ubw’umubiri roho zanyu rero nizo nshakashaka cyane umunsi ku wundi kugira ngo ntazazibura narabigombye kandi narabigaruriye nkomeje kubabungabunga kandi nkomeje kubakumirira umwanzi icyago cyose nkomeje kucyigizayo kandi imungu izo ari zo zose nabona zishaka kuza kubamunga nkomeje kuzigizayo bityo bana banjye mukomeze mube imbuto nziza z’indobanure kuko nabarobanuye nkabashyira hamwe kugira ngo nkomeze mbabibemo ibyiza kandi nkomeze mbavomerere bityo mwere imbuto nyinshi muzikwirakwize mu Isi hirya no hino kandi inkunga yanyu y’amasengesho mukomeza gukwirakwiza mu Isi hirya no hino murohora benshi kandi mugakiza benshi umwijima ukarushaho guhigikwa wigizwayo bityo urumuri rukarushaho kuganza.

N’ubwo bwose umwanzi abibona akabagirira ishyari kandi akabakubitira agatoki ku kandi arabizi ko namutsinze kandi igihe cyose aje kubarwanya asanga mbahagarikiye kandi mbahagaze iruhande bityo agakangarana agasubirayo kuko igihe cyose ntazigera mbasiga nkomeje kubarwanirira kandi nkaba nkomeje kubahagarara iruhande nk’umushumba uragiye ubushyo kandi nkahora iteka ncunga yuko hari ikirura cyaza bityo ikirura cyaza nkarushaho kugihinda kandi rimwe na rimwe nkakica kandi nkagitera icumu mu cyico kuko iteka ryose mporana imbaraga kandi nkahorana ububasha bwo kugira ngo mpore nica kandi mpore nsemba icyitwa ikibi cyose kandi icyago icyo ari cyo cyose cyashaka kubagwirira bana banjye kugira ngo mukomeze urugendo kandi mukomeze mushyigikirwe n’ububasha bwanjye nimukomeze mube intwari kandi mukomeze mukataze kandi igihe cyose mujye mwitegereza kandi mukenge kandi mubashe koko kuba inyaryenge z’Ijuru kandi koko mugaragare nk’abayoborwa n’Ijuru uko bwije n’uko bukeye kuko tuza kubiyoborera kandi tukabereka buri kimwe cyose umwanzi Sekibi aza kubatega bya hato na hato ndagira nti nimujye murangwa no kumuhinda kandi mumuhindanye mukomeze mumukumire ye kuzabagiraho ijambo kandi ye kubagiraho ububasha kuko iteka ryose mbaha imbaraga zanjye kandi nkabaha ububasha bwanjye kugira ngo murwanye umwanzi mumutsinde nimukomeze mutsiratsize ikibi cye kandi mukomeze kugikumira ndi kumwe namwe kugira ngo nkomeze mbibafashemo kandi mbafashe muri byose nkomeze kubarengera ubutabazi bwanjye n’uburengezi bwanjye buhore muri mwebwe igihe cyose.

Narabigaruriye bana banjye narabatoranyije njye na DATA tubashyira muri iki gikumba kugira ngo mukore umurimo neza kandi muhore iteka koko musabira Isi ndetse n’abayituye muhore ku gicaniro mwiyegereza benshi abatazi kwisabira abatuzi ndetse n’abatatuzi abatwumva bakavunira ibiti mu matwi abadashaka kutwumva no kudutega amatwi abadashaka kureba aho turi bityo mubatugarurire kandi abo bose tubashe kubakenura kandi tubashe kubahaza kuko bumiranye bameze nk’imbuto zaguye ku gasi kandi bameze nk’imbuto zaguye mu rubuye abo bose tuje kugira ngo twigizeyo ibyo byose bimeze nk’amabuye bityo bamere nk’imbuto zatewe mu gitaka cyiza kandi n’abo bose bagenda bapfikiranwa bashakaga kwinjira mu rumuri kandi bashakaga kuyoboka inzira ariko bakarangwa no gupfukiranwa benshi bagapfukiranwa n’umwanzi kandi abandi bagapfukiranwa na bagenzi babo izo mbogamizi izo ari zo zose ngiye kuza gutabara abanyizera kandi abanshakashaka bityo mu rugendo rwabo bakabona imbogamizi zituma batabona uko bagenda abo bose nabo nje kubatabara kandi nje kubarengera mwebwe ho rero bana banjye niyegereje kandi nkomeje gukomereza umugambi wanjye nkomeje kumanuriramo ububasha bwanjye uko bwije n’uko bukeye ariko Isi ikaba ibahagurukiye ndetse n’abayo nje gukura mu nzira kandi ibyo byose nje kubihigika kugira ngo mukomeze mutambuke kandi mukomeze mugirire imbaraga muri jye kandi mukomeze munyambare kuko iteka ryose mpora muri mwe kandi ngahora iteka nganje muri mwebwe nkabaha imbaraga kandi nkabaha ububasha  nkabahumura amaso kandi nkabaha kumva igihe cyose ibi byose mwumva kandi ibi byose mubona mutaramana n’Ijuru bukira bugacya tukongera tukaza gutaramana namwe bana banjye ntabwo ari uko twabibeshyeho tujya kubatora ahubwo twari tuzi neza ko ibi bihe tuzabigirana namwe kandi Ijuru rigasabana namwe muri ubu buryo twarabatoye rero tubahereza ubuntu bugeretse ku bundi nimubwakire muhore iteka mububumbatiye mu biganza byanyu bityo nanjye ndusheho kubamanuriraho ibyiza byanjye uko mbahaye ibyiza byanjye murusheho kubitega amatwi kandi murusheho kubyuzuriza no kubishyira mu bikorwa kugira ngo nanjye nkomeze kugendana namwe kandi nkomeze kubatera imbaraga ndetse n’umwete ibishaka byose kubavogera kandi ibishaka byose kubabangamira mu rugendo rwanyu ibishaka byose kwitambika kandi izo nzitizi zose nje kuzikuraho kugira ngo mukomeze mutambuke n’ubwo bwose Sekibi uri mu Isi ahora iteka arwanya intore zanjye ndagira ngo mbabwire ngo bana banjye kandi ntore zanjye nimumenye ubwenge kuko Sekibi iteka ryose arangwa no kwitambika icyo mbamenyesha ni ukumenya ubwenge kandi ububasha mbambika umunsi ku wundi mukabukoresha kuko igihe nari mu Isi kandi igihe nagendaga ntambatamba mu Isi yose nkiza kandi ngira neza Sekibi ntiyabyishimiraga, mwibuke yuko yashatse kuza kungerageza kandi azi neza ko ndi Imana ireba byose kandi ndi umukiza waje ndeba byose kandi buri kimwe cyose nta cyanyikingaga kandi nkamutahura amayeri ye kugeza n’ubu rero ndacyayatahura ari nako bana banjye nkomeje kubatahurira amayeri ya Sekibi aba yabateze bityo imitego ye yose nkayigizayo mugakomera kandi mugatambuka bityo rero aho Sekibi yari yizeye ko ari bubafatire ntahabafatire kuko mba nahabasimbukishije cyangwa nabacishije ukubiri n’ibyo ngibyo bityo mugakomeza urugendo rwanyu; uhagarikiwe nanjye rero akomeza kugenda kandi uwo narinze wese abona uburinzi kandi uwo nasakariye ntavirwa kandi uwo wese ngendana na we ntasubira inyuma. Nimukomere rero kandi mukomeze urugendo rwanyu ibindi byose mwumva byose byasakuza kandi ibindi byose mwakumva  ko biri kubombogotana bihinda ibyo byose ni ubusabusa kandi ni amanjwe kuko ibyo byose nta na kimwe kiri hejuru y’ububasha bwanjye na DATA buri kimwe cyose kiri ku Isi ni twebwe na DATA tubifiteho ububasha turategeka bikaba kandi twavuga byose bigakomera iyo twakinze nta wukingura kandi iyo twakinguye nta wukinga kuko igihe byose duhora tureberera abacu kandi tukabarwanaho iteka ryose n’igihe cyose twiyemeje rero gukomeza kubarwanirira kandi twiyemeje kugendana namwe ibi bihe n’ubwo benshi bavuga ngo ibi ntibisanzwe cyangwa ngo ntibyigeze bibaho ntawe rero ufite kuvogera umugambi wacu kandi ntawe udutegeka uko dukora n’uko tugenza njye na DATA mu bikorwa byacu no mu bitekerezo byacu no mu bwenge bwacu mu mbaraga zacu no mu bubasha bwacu butigizwaho turihagije kuko tumenya byose ibyabaye n’ibizaba kandi n’ibizaba byose n’ibiba byose tukaba tubizi ari yo mpamvu rero ibyacu byose tubijyana kuri gahunda kandi tukabikora uko twabigennye kandi buri kimwe cyose tugakomeza kukijyana ku njyana imwe.

Ndagira nte rero nimukomere mukomeze urugendo rwanyu ndi kumwe namwe mukomeze gushyigikirwa n’ububasha bwanjye igihe cyose kandi mukomeze kumva yuko mbashyigikiye kandi mbabumbatiye mu biganza byanjye ububasha bwanjye bukaba bubahoraho iteka ryose, nimwemere nkomeze mbakumirire umwanzi bityo mukomeze guhagarara iruhande rwanjye ntihazagire ushaka kuva iruhande rwanjye kuko hagize uva iruhande rwanjye Sekibi yahita yasama akamuconcomera ari yo mpamvu bana banjye nkomeje kubaha uburinzi bukomeye cyane kugira ngo mukomeze kuba mu mwanya nabashyizemo kandi mukomeze kurindwa n’ububasha bwanjye n’imbaraga zanjye kuko iteka ryose mpora ndwanirira abanjye kandi nkabitaho nkababungabunga kugira ngo icyago kitabatera kandi ibyago bitabagwirira kandi icyo cyorezo nkaba nkomeje kukibarinda bana banjye nkaba nkomeje kubaha urukingo ruhagije kugira ngo icyago kitazabinjirana; nimukomeze rero mube maso kandi mukomeze mube intwari nk’uko mbibabwira kandi nk’uko mbibatoza umunsi ku wundi ibindi byose mubyihorere mwinjire mu mutuzo mu isengesho iteka ryose intwaro yanyu muyigire isengesho muhore iteka muyikindikije umunsi ku wundi ibindi byose mubiturekere mubyime amatwi kandi mubitere umugongo bityo murusheho gukatazanya natwe ndi kumwe namwe kandi ndabashyigikiye igihe cyose nkomeje kubatera inkunga bana banjye ntimugahungabane ntimukagwe ntimukicare kandi ntimukarambare ahubwo igihe cyose nimuhore mu rugendo kandi muhore iteka mukatazanya ishyaka ndetse n’umwete kuko ntifuza yuko muhagarara cyangwa ngo mugushwe n’umwanzi cyangwa ngo umwanzi abe yabararika ahubwo iteka ryose nimuhore mwararika umwanzi kandi mwararike ingabo ze zose ziba zishaka kubarwanya kuko mbambitse imbaraga kandi nkaba mbahaye ububasha mbahaye umugisha ukomeza kubaherekeza mu ntambwe z’ibirenge byanyu kandi mbahaye umugisha ubaherekeza igihe cyose kandi ukagendana namwe ukabashyigikira kandi ukabasigasira bityo igihe cyose mukarangwa n’amahoro kandi mugahora muri amahoro kandi mugahora mwuzuye umugisha wanjye.

Nimugire ibihe byiza mugire ijoro ryiza ndabakunda ntumwa zanjye ntore zanjye niragiriye bushyo bwanjye nkomeje kubitaho ntimugahungabane kandi ntimukagire ubwoba nkomeje kubacungira umutekano kuko mbareberera buri kimwe cyose akaba nta na kimwe cyabagwirira ari yo mpamvu nkomeje kubarinda kandi ibishaka kubashikamira byose nkakomeza kubikumira mbyigizaho bana banjye amagingo aya mukaba mugihagaze njye na DATA dufite ububasha bwo kubarinda kandi dufite ububasha bwo kubarengera n’ubwo bwose umwanzi ahora iteka yirarika ariko twaramutsinze nimuhumure kandi mukomere ntacyo muzaba ndabakomeje kandi ndabahumurije nimuhumure nimukomeze kuba maso muri byose kandi mukomeze kudutega amatwi kugira ngo mugendere ku nyigisho zacu kandi ibyo tubatoza uko bwije n’uko bukeye muharanire kubishyira mu ngiro kugira ngo natwe dukomeze kugendana namwe. Oya ntitukababwire ngo bice mu gutwi bihingukire mu kundi ahubwo igihe cyose mujye mubizirikana kandi akanya ku kandi mubyuze kugira ngo murusheho kugendana natwe kandi muri uko kubyuza mu gukomeza kurangamira iby’Ijuru kandi mu gukomeza kuguma mu mwanya Ijuru rikomeje kubashyiramo. Mbahaye rero gukomera kandi mbahaye kugubwa neza mu gituza cyanjye mu mutima wanjye havubukamo ibyiza byinshi kandi havubukamo amahoro menshi kandi havubukamo imbaraga kandi hakavamo ibyiza by’agatangaza bikomeza abanjye kandi bikanahumuriza abanjye.

Mbifurije umugisha kuri buri wese nimugire amahoro kandi mugire kugubwa neza kandi mwakire ingabire ndetse n’ingabirano zibafasha gukomera kandi zikabafasha gukomeza urugendo rwanyu igihe cyose. Amahoro, amahoro, ndabakunda ntumwa zanjye ntore zanjye bwoko bwanjye na DATA mukomeze kugubwa neza bana banjye nikundira kandi igihe cyose nkahora iteka mbacungira umutekano kugira ngo roho zanyu ntazazihomba ari yo mpamvu rero nkomeje kubigisha no kubaburira uko bwije n’uko bukeye. Nimube intwari kandi mube maso nkomezanyije namwe urugendo kandi nkomezanyije namwe igikorwa cyo kubabungabunga uko bwije n’uko bukeye. Amahoro, amahoro, ndabakunda cyane, ndi Yezu Kristu w’i Nazareti, ijoro ryiza kuri buri wese bana banjye murare mu gituza cyanjye kandi murarane nanjye jye na DATA kandi murote ab’Ijuru ryose kandi bana banjye nkomeje kubaraga umubyeyi wanjye kugira ngo abe umubyeyi ubitaho igihe cyose kandi murare mu gishura cye akiborose kandi akomeze kukibakindikiza.

AMAHORO, AMAHORO, TURI KUMWE KUKO AHO NGANJE UMUBYEYI WANJYE ABA AHARI KANDI NA DATA TUBA TURI KUMWE IGIHE CYOSE NIMUHUMURE MURARINZWE KANDI TURABASHYIGIKIYE NIMUKOMEZE MUBEHO MUGWIRE KANDI MUKWIRE KU ISI YOSE TURI KUMWE BANA BANJYE, AMAHORO, AMAHORO, NDABASHYIGIKIYE NDI YEZU KRISTU W’I NAZARETI, UMWAMI W’ABAMI, AMAHORO, AMAHORO, IJORO RYIZA KURI BURI WESE!

By MONAKI

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *