UBUTUMWA BWA YEZU KRISTU, TARIKI 18 NZERI 2023
Mbahaye umugisha bana banjye kandi mbahaye kugubwa neza, mbashyize mu rukundo rwanjye kugira ngo mbuzuze imbaraga kandi mbuzuze urumuri ndetse n’ububasha mbasesekazeho ubwiza bw’Ijuru ntumwa kandi ntore zanjye nitoranyirije nkaba narabashyize mu ruhande rwanjye kandi nkaba narabahagaritse iruhande rwanjye kugira ngo mpore mbatazanurira amayira mbambika imbaraga kuri buri wese kandi nkomeza kubikomereza kugira ngo nkomeze mbatuze mu mutima wanjye kandi nkomeze mbikomereze muri byose kandi nkomeze mbashyigikire mu bikorwa byanyu no mu rugendo rwanyu rwa buri munsi, ndi kumwe namwe rero kandi igihe cyose nifatikanya namwe ndi Yezu Kristu w’i Nazareti Umwami w’abami wakomeje gutsinda kandi nkaba nkomeje gutsinda kuva kera na kare nkaba ndi intsinzi kandi nkaba ndi umutsindo mu banyemera n’abanyizera kandi bakizera izina rya DATA kuko ari ryo gakiza kandi tukaba ari twebwe buhungiro muri byose, igihe cyose rero twikomereza abacu kandi dugakomeza kubarinda no kubarindana n’ibyabo byose niyo mpamvu mfite uko mbarinze nkaba mfite uko mbakomeza amanywa na nijoro nkakomeza kubashyira mu rukundo rwanjye kandi nkakomeza kubambika imbaraga zanjye zihanitse kandi zihambaye kugira ngo ariho mubonera ubuhungiro, mu mutima wanjye rero kandi mu rukundo rwanjye niho mubonera amahoro kandi niho mubonera ubuhungiro nimukomeze munyizere kandi mukomeze mwizere DATA igihe cyose mwumve yuko mushyigikiwe n’ububasha bwacu butavogerwa kandi ububasha bwacu buhanitse buhambaye butajya busunikwa kandi butajya bwigizwayo, nimukomeze mube intwari kandi mukomeze kuba amahoro igihe cyose mukomeze gukatariza icyiza nkomeza kubaha umugisha kandi nkabambika imbaraga ndetse n’ububasha kugira ngo muhore mukatariza icyiza kandi muhore muganje mu rukundo rwanjye no mu mbaraga zanjye zihanitse kandi zihambaye.
Nimube amahoro kandi nimugubwe neza kuko iteka ryose nza kubashyira mu rukundo rwanjye kandi nkabashyira mu mbaraga zanjye kandi igihe cyose ngakomeza kubirindira no kubakomeza kuri buri wese, nimukomeze mube intwari kandi mukomeze mukatarize icyiza bana banjye kuko naje kubakomeza no kubambika imbaraga ndetse n’ububasha ubuhanga ndetse n’ubuhangange kugira ngo ahi munyuze hose mugende muhangamura imigambi mibisha yose y’umwanzi kandi muritagura buri kimwe cyose cy’umwanzi mukubita muvana mu nzira kugira ngo nkomeze gukomeza buri wese muri mwebwe muha guhagarara ku maguru yombi mutajenjetse kandi mudahagarara mudandabirana ahubwo naje kubakomeza mu ntambwe z’ibirenge byanyu kugira ngo igihe cyose muhore mukomeye kandi muhore mukomezwa n’imbaraga zanjye mbambika kandi mbasesekazaho umunsi ku wundi, nimukomeze mube intwari kandi mukomeze mutange urugero rwiza mu Isi abababonye ndetse n’abo mwumva bose kandi n’abo musabira bose barusheho kujya mu mahoro kandi barusheho kwinjira mu rukundo rwanjye kuko iteka ryose iyo muntabaje ndabumva kandi iyo mumpamagaye ndabikiriza nkaza kureba icyo muri kumpamagarira bana banjye bityo nkakira abo mumpereza kandi n’abo musabira bose kandi n’Isi mukomeza kumpereza mu biganza byanjye nkakomeza kubabarira kandi nkakomeza gutazanura amayira nkakomeza kwigiza iminsi inyuma kugira ngo ntegereze Mwene Muntu muba muri gusabira umunsi ku wundi kugira ngo yisubireho kandi yisuzume bityo abashe guhindukirira urukundo rwanjye kandi ahindukirire urukundo rwanjye na DATA ruhora iteka rureshya buri wese kandi ruhora iteka ruhamagara buri muntu wese.
Naje kubohora kandi naje gukiza Kiremwa Muntu aho ava akagera kuko sindeba uriya cyangwa uriya ahubwo nkiza buri muntu wese, uwo mpamagaye akanyikiriza buri wese ndamurohora kandi kandi nkamutabara, hari n’abo mpamagara bakarushaho kuntera umugongo kandi bakanangira imitima yabo nkana kandi hari n’abo mba nshakashaka amanywa na nijoro kugira ngo baze mbakize, abenshi bakantera umugongo abenshi bakanyumva abandi ntibanyumve ariko igihe cyose ndangwa no gukiza ndetse no kurohora kandi nkarangwa n’impuhwe n’urukundo, nta n’umwe njya nsubiza kandi nta n’umwe njya mpeza mu rukundo rwanjye, kuko iteka ryose mpora nteze ibiganza kugira ngo nakire Kiremwa Muntu aho ava akagera kuko iteka ryose mparanira gukiza ababi kandi nkaharanira kuzahura abarohamye kandi nkirukanka ku bari kugenda bancika bava mu rwuri, igihe cyose rero nkaba nshaka kurundarunda kandi igihe cyose nkahoza ku mutima wanjye abanjye kandi ibiremwa byanjye biri mu Isi bityo nkakomeza gukomera ku ntore zanjye zinyizera kandi zinyizigira igihe cyose bagahora bampanze amaso bizeye izina ryanjye n’irya DATA ko ari ryo ry’ububasha ribakiza kandi ribarengera, nimuhumure mukomere kuko muri mu rukundo rwanjye mbakomeza amanywa na nijoro kandi nkakomeza kubiyegereza muri byose kugira ngo nkomeze kubuzuza ububasha ndetse n’urumuri n’imbaraga zibakomeza muri buri kimwe cyose.
Ntacyo muzaba rero kuko mbashyigikiye kandi nkaba nkomeje kubabumbatira mu biganza byanjye kandi nkaba nkomeje kugendana namwe muri byose kugira ngo nkomeze mbashyire mu rukundo rwanjye kugira ngo nkomeze mbahe imbaraga zanjye zihanitse kandi zihambaye, nkomeje kubikomereza rero kandi nkomeje kubashyira mu rukundo rwanjye no mu rumuri rwanjye kugira ngo igihe cyose nkomeze kubiyegereza muri byose ntacyo muzaba kandi nta n’icyo mubaye kuko nkomeje kubahumura amaso no kubahugura kuri buri kimwe cyose, mbamenyera buri kimwe cyose kibagirira akamaro kandi buri kimwe cyose cy’ingenzi kugira ngo nkomeze kubiyegereza mu mutima wanjye no mu rukundo rwanjye, narakinguye umutima wanjye kugira ngo muze muwuturemo kandi muganze kuri buri wese nta n’umwe njya mpeza ababi n’abeza bose ndabakingurira kugira ngo baze binjire ariko cyane cyane nkahamagara ababa bameze nabi kugira ngo nabo mbasukure kuko ndi ubuzima kuri buri kimwe cyose, ndi ubuzima bwa roho kandi nkaba n’ubuzima bw’umubiri, igihe cyose ntanga umugisha kandi ngatanga Mwene Muntu muha umwuka wo guhumeka kandi nkamuha no kubaho mu buzima bwa roho, niyo mpamvu iteka ryose mpora mparanira koza buri muntu wese abanduye nkaharanira kubasukura iteka ryose nkabaha imbaraga bana banjye kugira ngo nifatikanye namwe mu gucungura Isi kandi mu gukomeza kuyirohora mu gukomeza kuzahura benshi bazahajwe n’ubukozi bw’ibibi bw’umwanzi kugira ngo nkomeze nshyire ubwenge bwabo ku gihe kandi mbutambamure kuko hari benshi Sekibi yagiye atambamisha, muri iki gihe rero nkaba nshaka kwigarurira benshi kandi nkaba nshaka kubohora benshi nkaba nshaka gutahura benshi bagiye bazimiria kure y’urukundo rwanjye.
Nimukomeze mube intwari kandi mukomeze gukatariza icyiza nifatikanyije namwe muri ibi bihe mu buryo bw’agatangaza kugira ngo nkomeze mbikomereze kandi nkomeze mbahugure kandi mbahumure amaso kuri buri kimwe cyose, ntacyo muzakena mumfite kandi ntacyo muzamburana kuko nzakomeza kwifatikanya namwe kandi nkakomeza kugendana namwe muri byose, ndi urumuri kandi ndi ububasha, ndi amahoro ku banyizera bose mbagabira amahoro kandi nkabagabira ububasha, nimukomeze kubaho kandi mukomeze gutera intambwe mujya mbere kuko nifatikanyije namwe kandi nkaba nkomeje kugendana namwe muri byose, bana banjye nimukomeze kuba intwari kandi muharanire ubumwe n’ubwiyunge, urukundo ruhore rubaranga igihe cyose kuko iteka ryose mbambika urukundo kandi nkabambika amahoro igihe cyose nimuhore mutahiriza umugozi umwe kandi mwubake umugozi umwe w’inyabutatu, igihe cyose muhore muri urukundo kandi muri amahoro mutera imbere mu cyiza kandi muganza mu cyiza kuko naje kubambura icyitwa ikibi icyo ari cyo cyose kugira ngo ngicishe ukubiri namwe bityo igihe cyose muhore mwinjira mu rukundo rwanjye.
Mbahaye rero kubaho kandi mbahaye gukomera no gukomeza urugendo kandi mbahaye gukatariza icyiza igihe cyose mbahaye kuba abasirikare nyabo banjye bahora iteka bari ku rugamba kandi muri maso bana banjye nimuhorane ubutwari bwo gukora ikiri icyiza kandi muhorane ishyaka ryo gukora ikiri icyiza kuko nifatikanyije namwe kandi nkaba ngendana namwe mu bikorwa byanyu bya buri munsi nkaba ndushijeho kubahereza umugisha kandi nkaba ndushijeho kubambika amahoro ndetse n’umugisha kugira ngo ibikorwa byanyu ndusheho kubiha umugisha kandi ndusheho kubahereza buri kimwe cyose mugomba kandi buri kimwe cyose mwifuza, mbahaye rero kugubwa neza kandi mbahaye gukatariza icyiza mbambitse umugisha ndetse n’ububasha kugira ngo muhore iteka ryose muri maso kandi muhore iteka ryose murangamiye Ijuru kandi muhore iteka ryose murangamiye urukundo rwanjye n’urwa DATA, ni jye wabatoye kandi ni jye wabatoranyije nkomeje kubashyira mu mutima wanjye kandi nkomeje kubambika urukundo rwanjye rwuzuye kandi rusendereye rutajya rugabanyika kandi rutajya rugabanywa, igihe cyose urukundo rwanjye ruhora rwuzuye kandi imbaraga zanjye zihora zuzuye zisendereye, niyo mpamvu iteka ryose nzibuzuza kandi nkazibasenderezaho kugira ngo mukomeze urugendo kandi mukomeze kuba amahoro, nimukomeze mutere intambwe kandi mukomeze mukatarize icyiza nifatikanyije namwe kandi ngendana namwe iteka ryose n’ibihe byose kugira ngo nkomeze mbahereze imbaraga kandi nkomeze mbahereze umugisha, nimukomeze mube amahoro kandi mukomeze mube urukundo ndi kumwe namwe mbashyize mu rukundo rwanjye kandi mbashyize mu mbaraga zanjye.
Mbahaye rero umugisha kandi mbahaye kugubwa neza mbahaye kwifatikanya najye iteka ryose n’ibihe byose kugira ngo mbahugure kuri buri kimwe cyose, naje kubikomereza kandi naje kwifatikanya namwe mu gukomeza gukorana namwe imirimo ihanitse kandi ihambaye mu Isi kugira ngo nzahure Isi ndetse n’abayituye kandi nshyire byose ku murongo nifatikanyije namwe, iki rero ni igihe cyo gukora kwanjye na DATA mu Isi, niyo mpamvu naje kuvugurura Isi nivuye inyuma kugira ngo buri kimwe nkishyire ku murongo kandi ibigenda nabi mbigenze neza kuko naje n’imbaraga zanjye n’ububasha bwanjye kandi nkaba nkomeje gukorera mu banjye kandi nkaba nkomeje kwambika abanjye ububasha ndetse n’ubutwari kugira ngo mukomere kandi mukomeze urugendo bana banjye kandi ntumwa zanjye bwoko bwanjye kandi bushyo bwanjye niragiriye, nimuhumure kandi mukomere kuko mbakomeje amanywa na nijoro kandi nkaba naje kubahagarika buri wese kugira ngo ahagarare ku maguru yombi, mbahaye kubaho rero kandi mbahaye kugubwa neza mbahaye gutera imbere muri byose kandi mbahaye gukatariza icyiza, nimukomeze mubeho kandi mukomeze mugwirizwe umugisha kuko ndi kumwe namwe kandi nkaba ngendana namwe amanywa na nijoro kugira ngo nkomeze kubahereza umugisha kandi nkomeze kubambika ububasha nyabubasha butavogerwa kandi budakumirwa kugira ngo aho munyuze hose mugende muritagura imigambi mibisha y’umwanzi kandi urukundo rwanjye murusakaze kuri bose, nimutange ubuzima kuko mbagabira ubuzima umunsi ku wundi kandi mutange umukiro mu Isi kuko nywubagabira umunsi ku wundi, erega bana banjye igihe mwitanga kandi igihe mwirekuye wese wese mukumva yuko mugomba kwinjira mu isengesho kandi mukumva yuko mwihaze mugomba kwinjira mu isengesho mukabikorana urukundo kandi mukabikorana igishyika cy’urukundo mubikunze kandi mubishaka nanjye ndaza nkihuza namwe bityo nkabereka yuko icyo mukora mutaruhira ubusa nkarushaho guhereza ibikorwa byanyu umugisha igihe cyose icyo mukoze nkakibaheramo umugisha.
Nimujye mubyitegereza mubibone bana banjye, ibyo mukora ntabwo bizarangirira aha ngaha kuko buri wese nzamuha ibihembo bimukwiriye kuko buri wese nzamushyira mu rukundo rwanjye kuko buri wese nzamwereka yuko icyo mukora atari ubusa ahubwo akora ibiri ukuri kandi ibibagirira umumaro, muba muri guhunika ubukungu bwanyu mu Ijuru kandi mu Ijuru kwa DATA mu Ijuru aho nganje nkabahunikira kandi nkababikira neza kuko ibyo mbabikira bana banjye ntibyononekara kandi ntihagera imungu kandi ntihagera umugese iteka ryose ndabibacungira kandi nkabicungira umutekano kuko aho mbabikira ibiri ibyanyu mukora muri mu Isi, ntihagera ibyonnyi akandi ntihagera imungu nta n’abajura bahaba iteka ryose ndabirinda kandi nkabicungira umutekano igihe kitari iki ngiki muzamenya neza icyo mwakoze kandi muzabona ko mutigeze muruhira ubusa ari yo mpamvu nkomeje kwifatikanya namwe kubakomeza kuri buri wese kubashyigikira mu bikorwa byanyu no mu rugendo rwanyu rwa buri munsi kugira ngo nkomeze mbahe amahoro kandi mbambike ububasha.
Nimukomeze mukatarize icyiza nifatikanyije namwe kugira ngo nkomeze buri wese muri mwebwe ndabashyigikiye mu bikorwa byanyu kandi ndabarandase mu rugendo rwanyu, nzakomeza rero kubiyegereza kandi nkomeze kubambika imbaraga zanjye ntacyo muzamburana kandi ntacyo muzakena mumfite, mfite ubutunzi bw’ibintu byose mu biganza byanjye kandi bihora byuzuye kandi bisendereye, ari yo mpamvu mbona ibyo ngabira abatuye Isi kandi buri Kiremwa cyose nkaba muhereza kugira ngo abashe kubaho kandi abashe kugira ubuzima, ari umwuka ndawutanga jye na DATA kandi ari ukubaho ndabitanga jye na DATA ari umukiro wa roho ndetse n’uw’umubiri, ibyo byose mbifite mu biganza byanjye kandi nkagabira buri wese kubaho kandi buri wese nkaba mfite uko mubeshejeho, hariya na hariya hose mparebera icya rimwe bityo nkarinda buri muntu wese ibihugu byose mbitambagirira rimwe icya rimwe kandi nkaha buri wese gutuza no guturiza muri jyewe kandi Mwene Muntu nkakomeza kumuha umwuka ahumeka kugira ngo arusheho kugwirizwa umugisha kandi arusheho gukatariza icyiza bityo abatari bisubiraho nabo babashe kwisubiraho, niyo mpamvu ngenda nigiza iminsi inyuma kugira ngo mbe ndetse kuza guhemba ndetse no guhana jye na DATA mbigiriye amasengesho yanyu muhora muntakambira umunsi ku wundi kugira ngo mbohore kandi nkize, niyo mpamvu rero iteka ryose mpora ntegereje Kiremwa Muntu kugira ngo ndebe yuko uriya n’uriya bisubiraho kuko muba mwabatakambiye kandi mwabasabiye umunsi ku wundi, ngirira amasengesho yanyu ntumwa zanjye kandi bana banjye nitoreye nkaba narabashyize mu kazi kandi nkaba narabaye umurimo mugomba gukora bityo namwe nkaba mbona muwukatajemo neza musabira bose.
Ibikorwa mukora birahanitse kandi birahambaye gusabira Isi ni akazi katoroshye ariko nimuhumure mukomere bana banjye nanjye nkomeje kubakomeza no kubiyegereza muri iki gikorwa kandi muri uru rugendo nifatikanyije namwe kugira ngo nkomeze nshyigikire buri wese kugira ngo nkomeze ndandate buri wese, ntacyo mubaye mu rukundo rwanjye kandi nta n’icyo muzaba kuko nzakomeza kubashyigikira no kugendana namwe amanywa na nijoro kugira ngo mbereke ukuri kwanjye n’ukuri kwa DATA kuko dukoresha ubutabera igihe cyose n’iteka ryose tugakomeza kuvugurura ibitavuguruye kandi tugashyira byose ku murongo, ndakomeye rero kandi nkomeje kwifatikanya namwe no kugendana namwe amanywa na nijoro kugira ngo nkomeze nkomeze nuri wese kandi nkomeze mbashyigikire muri uru rugendo, ni jye wabitoreye rero mfite uko mbashyigikiramo kandi mfite uko mbatwaye n’uko mbatwara mfite uko ngendana namwe mu kugira ngo nkomeze buri wese kandi ibikorwa byanyu bihanitse kandi bihambaye nkomeze kubyifatikanyamo namwe kuko ibyo bikorwa ari jyewe ubaha ububasha bwo kugira ngo mubikore kandi mubigereho igihe cyose rero nkakomeza kubarinda no kubacungira umutekano, nkegezayo umwanzi kandi imigambi ye mibisha nkarushaho kuyiritagura no kuyitentebura kugira ngo urukundo rwanjye rurusheho kubuzura kandi rurusheho kubasakaraho, nimugire amahoro ndabakunda bana banjye kandi mugire ijoro ryiza kuri buri wese.
Nimukomeze kugwirizwa umugisha kandi ukomeze kwambikwa umugisha wanjye naje kubambika kandi musenderezwe ingabire kandi musenderezwe ububasha mbambitse kuri uyu munsi mbambitse ubudahangarwa kandi mbambitse ububasha bwanjye budakumirwa kugira ngo bubuzureho kuri buri wese igihe cyose muhore mukatarije icyiza, nimubeho kandi nimugire amahoro, ijoro ryiza kuri buri wese turi kumwe mbahereye umugisha muri uru rukari, nimuhore iteka ryose muhuriramo kandi muhuzwe n’icyiza murangwe no gukiza Isi ndetse n’abayituye kandi mukomeze kurohora icyitwa ikiremwa muntu icyo ari cyo cyose kuko nanjye naje mu Isi kugira ngo mbohore nkaba naragarutse kwifatikanya namwe kugira ngo nkomeze nshyire byose ku murongo, nimugire amahoro rero kandi mugire ijoro ryiza turi kumwe mbahaye umugisha wanjye nubakomeze kandi umugisha wanjye ubiyorose bityo murare mu rukundo rwanjye na DATA ububasha bwanjye bukomeze kubarengera muri byose bityo mukomeze guhanantura imigambi mibisha y’umwanzi.
AMAHORO AMAHORO NDABAKUNDA NDI YEZU KRISTU W’I NAZARETI UMWAMI W’ABAMI, NIMUTSINDE KUKO NATSINZE KANDI NKABA NKOMEJE KUBATSINDIRA, NIMUBEHO, IJORO RYIZA KURI BURI WESE NDABAKUNDA, AMAHORO!
