UBUTUMWA BWA YEZU KRISTU, TARIKI 20 NZERI 2023

Mbifurije amahoro yanjye kandi nyabasesekajeho ntumwa zanjye kandi biremwa byanjye na DATA nshyigikiye kandi nkaba mbayoboye uko bwije n’uko bukeye nkaba mbashyigikirishije ububasha bwanjye kandi nkaba mbashyigikirishije ikiganza cyanjye cy’indyo gihora iteka ryose kibakumirira ikibi cyose kandi kigakumira umwanzi nkegezayo icyago icyo ari cyo cyose nkabaha kugubwa neza kandi nkabaha gukatariza mu rukundo rwanjye, nimukomeze muhagarare kandi muhagarare kigabo muhagarare gitwari igihe cyose muneshe ibishaka kubanesha ibyo ari byo byose kandi igihe cyose muhore mwigizayo imigambi mibisha y’umwanzi, mbahaye gutsindira mu izina ryanjye ritagatifu ryatsinze kandi ritsindira bose kandi mukomeze gutsindira mu mbaraga zanjye na DATA nkomeje kubururukirizamo iteka ryose n’ibihe byose, erega naratsinze bana banjye kandi namwe nzakomeza kubatsindira kuko iteka ryose mbarwanirira kandi nkabatsindira, mpora iteka ryose mparanira yuko mwatsinda kandi ngaharanira kubateza ishyaka ryo gukora ikiri icyiza muri mwebwe kugira ngo ibikorwa byanyu birusheho kuba ibikorwa  by’indashyikirwa kandi gukora kwanjye na DATA kurusheho kuganza muri mwebwe kuko nkomeje gukora nivuye inyuma kandi nkaba nkomeje kubasukura no kubategura kugira ngo imbaraga zanjye nkomeze nzururukirize muri mwebwe kandi ibikorwa byanjye nkomeze mbibabuganizemo uko bwije n’uko bukeye bityo muhore iteka ryose mukora kandi mukorera mu izina ryanjye kandi mukorera mu rukundo rwanjye kuko nkomeje kubambika imbaraga ndetse n’ububasha kugira ngo mubashe kandi icyitwa ikibi icyo ari cyo cyose muhwatahwate mukura mu nzira bityo haganze mu Isi urukundo amahoro ubumwe n’ubwiyunge kandi mukomeze gusakaza ikiri icyiza mu Isi bityo Mwene Muntu wabuze amahoro ayabone Mwene Muntu wabuze urukundo arubone Mwene Muntu wabuze ubwiyunge abubone bityo ibyagiye bigorama mu Isi mubigorore nifatikanyije namwe kuko muri iki gihe ndi kubururukirizamo imbaraga zihanitse kandi zihambaye mu buryo bw’agatangaza kugira ngo nkomeze nkorane imirimo ikomeye jye namwe kuko iteka ryose nkomeje kubashyigikira no kubarongora kandi nkaba nkomeje kubaragira mu rwuri rwanjye rutoshye kandi nkaba nkomeje kubagabira ibikorwa byanjye kugira ngo ibikorwa byanjye birusheho kwihuza n’ibyanyu bityo namwe mukore imirimo ihanitse kandi ihambaye mu Isi.

Nifatikanyije namwe kandi ndabakomeje bushyo bwanjye ndi Yezu Kristu w’i Nazareti Umwami w’abami, nkaba nkomeje rero gutsinda kandi nkaba nkomeje kubarwanirira muri byose ishyaka ry’icyiza nkaba nkomeje kurishyigikira muri mwebwe kugira ngo mukomeze mukatarize icyiza mwubake amahoro ubumwe n’ubwiyunge kandi mukomeze gukomeza ab’amavi adandabirana, muri iki gihe rero ndi kubakomeza kandi ndi kubashyira mu burinzi bwanjye mu bubasha bwanjye mu buryo bwuzuye kandi buhanitse buhambaye kugira ngo mukomeze mugaburire Isi amahoro kandi mukomeze mugaburire Isi ibibatunga mu buryo bw’Ijuru kuko benshi barashonje kandi benshi bafite inyota benshi bari gusaba kandi benshi bari gutakamba bantakambira kugira ngo ngire icyo mbahereza kugira ngo ngire icyo mbagoborera mu buryo bwanjye, abo bose rero nimukomeze mubahaze kandi mubasendereze muri ubwo bwitange bwanyu kandi bwa buri munsi mu gusaba kandi mu gusenga mu guhuriza ku cyiza muri hamwe muhuje imitima muzi neza ko muri gusenga kandi mubwira abumva iteka ryose igihe musenga kandi muri kutubwira jye na DATA turumva kuko duhora  iteka tubateze amatwi cyane kugira ngo tubabuganizemo ibyiza byacu kandi tubavuburire icyo mutwifuzaho icyo muri kudusaba cyose tukibahereze.

Mpora iteka ndambuye ibiganza byanjye kugira ngo mbashyikirize kuko mu bubiko bwanjye mfitemo byose nta kintu na kimwe mbuze isaha nagennye n’igihe nagennye iyo kigeze nshyikiriza buri wese kandi nkahereza buri wese bitewe n’icyo akeneye igihe cyose rero ndatanga kandi igihe cyose nkavubura kandi igihe cyose nkagoborera abanjye kuko iteka ryose mfite byose mu biganza byanjye, mfite gutanga amahirwe kandi igihe cyose ngatanga umugisha igihe iyo kigeze ndatanga kandi igihe iyi kigeze ndavubura kandi nkatanga koko nkakora imirimo ikomeye ndetse n’ibitangaza, nkakomeza gushyira banjye mu rumuri kandi ngakomeza gushyira abanjye mu bubasha, gusa sinjya nkora mbere cyangwa ngo nkore nyuma ahubwo isaha nagennye n’igihe nagennye iyo bigeze ndakora kandi nkuzuza isezerano, nimukomere rero kandi mukomeze urugendo kuko nkomeje kwifatikanya namwe kugira ngo nkomeze mbabuganizemo ibyiza byanjye kandi mbafungurire kuri buri wese, mfite byose rero abashonje nibaze mbafungurire kandi abafite inyota n’inzara baze mbahaze kuko muri byose mfite byose kandi nkaba mfite gutanga buri kimwe cyose Mwene Muntu yifuza kandi Mwene Muntu aba akeneye umunsi ku wundi ndi ububasha ndi amahoro kandi ndi ubuzima, abadafite ubuzima mbagabira ubuzima, abadafite umukiro nkabaha umukiro kuko byose mbifite mu biganza byanjye kandi nkabigaba kandi nkabitanga igihe nshakiye kandi nkabigabira uwo nshaka kandi igihe cyose nkasohoza buri kimwe cyose nagennye n’icyo nasezeranye nkacyuzuza kandi nkagisohoza.

Sinjya ntenguha kandi sinjya ntererana abanjye icyo narahiriye ndagikora no kugikora kandi icyo nivugiye ndacyuzuza kuko ntari umuntu ngo mbeshye kandi nkaba ntari umuntu ngo mbeshywe iteka ryose mpora nuzuza ibyanjye kandi ibyanjye byose mpora mbishyira mu murongo kandi ibyanjye byose nkabijyana kuri gahunda iteka ryose sinjya mvuguruzwa kandi iteka ryose sinjya nivuguruza ku cyo navuze, ijambo nivugiye ndaririnda ibihe n’ibihe kugeza ndyujuje kugeza ndishyize mu bikorwa kuko iteka ryose mparanira kwihesha ikuzo kandi nkarinda abanjye ko bamwaramwara nkabarinda gukorwa n’isoni, abanjye igihe cyose iyo kigeze ndabatabara kuko ndi umutabazi kandi nkaba ndi umurengezi ku cyitwa ikiremwa muntu icyo ari cyo cyose, ndagaba rero kuko ndi ububasha nyabubasha kandi nkatanga ububasha ku banjye bityo bakabasha kubasha ibishaka kubabasha ibyo ari byo byose bakabibasha ari byo, nje rero gutsemba kandi nje kurindimura icyitwa ikibi icyo ari cyo cyose mu Isi, nje gusubiza inyuma ubukozi bw’ibibi bw’umwanzi bushaka kwagiriza abanjye kandi bushaka kuvogera abanjye nje kubwigizayo kandi nje gutsemba no gutsiratsiza, nje kwihesha ikuzo ndetse n’ishema, nje guhumura amaso abanjye kandi nje kubafungura amatwi kugira ngo bumve, nje kwereka bose kandi nje kumvisha bose ibyiza by’ijambo ryanjye kandi nje kugaburira bose ibyiza by’ijambo ryanjye kugira ngo ababuze amahoro kandi ababuze guhirwa abahora baburagizwa umunsi ku wundi ababura epfo na ruguru kandi abahora iteka ryose batandukira byose nje kubigenza neza mu bubasha bwanjye no mu mbaraga zanjye, nje gukumira umwanzi kandi nje guhinda icyitwa ikibi icyo ari cyo cyose mu Isi, niyo mpamvu nkomeje kubategura bana banjye bushyo bwanjye bwoko bwanjye niragiriye kandi ntumwa zanjye mu Isi mwebwe nagize abagabuzi b’ibyiza by’ingoma yanjye na DATA mu Isi, nimukomeze muvubure kandi mukomeze mutange mutitangiriye kandi mukomeze kwirekura mu bwitange bwanyu mu nkunga y’amasengesho yanyu mukomeze kurekurira Isi ndetse n’abayituye muyisabira, ntabwo muri gukora ubusa kuko muri gukora iby’ingirakamaro kuko ibyo mumaze kubaka ari byinshi kandi ibyo mukomeje kubaka akaba ari byinshi kandi ibyo mumaze kwihunikira mu Ijuru kwa DATA aho nganje akaba ari byinshi, nkaba nkomeje rero kubategurira ibiri ibyanyu kuko uko mukoze mvivura kandi uko mukoze ndababikira igeno ryanyu buri wese rero nkaba nzamuha igihembo cye kandi buri wese nkaba nzamwambika kandi buri wese nkaba nzamugenera ikimukwiriye sinjya nambura ahubwo ndahemba iteka ryose rero nkaharanira guhesha ikuzo abanjye kandi abanjye nkabahesha icyubahiro sinjya nemera yuko abanjye basubizwa inyuma n’umwanzi cyangwa ngo imigambi mibisha y’umwanzi ibagamburuze, Sekibi gupanga arapanga ariko kuza kuzuza ntiyuzuza kuko iteka ryose mureka akidegembya ariko igihe iyo kigeze ndaza nkamurika nkamwereka ko ibyo yidegembyagamo byose ari amanjwe kandi ari imfabusa ari jye ufite ububasha ndetse n’imbaraga byo kugira ngo nsembe kandi ndindimure, nanga yuko Sekibi agera amajanja abanjye kugira ngo abavogere abashwarature ndaza nkamwigizayo kandi nkamuhinda, niyo mpamvu nkomeje kubakomeza no kubashyigikira muri byose kugira ngo nkomeze kwifatikanya namwe, mpamagarira buri wese kuza kwisukura kwinjira mu mutima wanjye w’urukundo w’impuhwe kuko nakinguriye amarembo bose kugira ngo baze binjire, abemeye kwinjira barakira kandi abemeye kwinjira barakizwa, iteka ryose mparanira gusukura kandi nkambika, nkarundarunda kandi ngahumuriza nkagoboka ab’impabe kandi abahabye nkabahabura abagenda badandabirana umunsi ku wundi nkabakomeza kandi abagenda bahumagurika bagenda badandabirana nk’abasinzi nkabakomeza nkabiyegereza mu bubasha bwanjye kandi mu butware bwanjye no mu butwari bwanjye nkomeza gukomeza Kiremwa Muntu uri ku Isi kuko ntabwo njya njugunya cyangwa ngo ntererane kuko n’umunyabyaha wisubiyeho akaza ansanga ndamwakira kuko iteka ryose ntabwo nanga abanyabyaha ahubwo icyo nanga ni icyaha ari yo mpamvu nkomeza gutangariza Mwene Muntu umukiro kandi mubwira nti naze yisange mu mpuhwe zanjye bityo yisubireho yirekure yisukure mubabarire kandi mwakire, iteka ryose mpora nteze ibiganza kugira ngo nkomeze kwakira abaza bansanga kandi mpumurize buri wese ubabaye iteka ryose rero naje gushyira byose ku murongo kuko nururukiye kuza gucungura Isi, nza kugoboka Mwene Muntu yari ageze ahaga nanga yuko Sekibi amwigarurira ngo amushyire mu icuraburindi ry’umwijima kuko Sekibi yashakaga gucuncumurira Mwene Muntu aho ava akagera muri Gihenomu, ndaza rero nsibanganya urwo rwobo Sekibi yari yaracukuriye abanjye bityo abanjye mbashyira mu rumuri kandi mbashyira mu rukundo rwuzuye, niyo mpamvu rero nkomeje kwifatikanya namwe mu bihe nk’ibi ngibi, ibyo nakoze kuva kera na kare kugeza n’ubu ngubu ndacyabikora kuko sinigeze mpwema gukora kandi sinigeze mpwema gukora imirimo ndetse n’ibitangaza, uwo nari ndi we kuva kera na kare n’ubu ni we ndi we bana banjye nimukomeze munyizere kandi munyiringire jye na DATA ibikorwa byanjye birakomeye kandi birakomeje kwigaragariza Isi ndetse n’abayituye, nkomeje rero gukora imirimo ihanitse kandi ihambaye kugira ngo nkomeze kugaragariza ububasha bwanjye Mwene Muntu unshakashaka kandi umpanze amaso kugira ngo nkomeze kwigaragariza buri wese uri mu Isi.

Nimuze mwambare bana banjye kuko nabateguriye imyambaro y’urugamba kandi mukindikize intwaro iteka ryose nkomeze kwifatikanya namwe mu gutsemba icyitwa ikibi cyose mu Isi mu guhumuriza Mwene Muntu no kumugabira umukiro, mbahaye rero amahoro kandi mbahaye umugisha mbahaye kugubwa neza mu rukundo rwanjye nimwambare imbaraga kandi mwambare ububasha kuko nifatikanyije namwe mu bihe nk’ibi ngibi kugira ngo nkomeze mbashyigikire kandi nkomeze mbiyoborere, nimukomeze rero muze muganze kandi mugwire mu rukundo rwanjye mushyigikirwe n’ububasha bwanjye bubagenga kandi bubayobora amanywa na nijoro, nimwakire amahoro kandi mwakire umugisha, mwakire kugubwa neza ndabakunda, ndabakomeje kandi mbakomereje mu mutima wanjye w’impuhwe ndetse n’urukundo, ububasha bwanjye butavogerwa kandi budakumirwa bukomeze kubacungira umutekano uko biri n’uko bikwiye, nimugire ijoro ryiza ndabaragiye kandi mbacungiye umutekano, nimukomeze kubaho kandi mubeho kuko mbibahaye kandi nkaba mbahaye kubaho koko, nimutere intambwe mukataze iteka ryose muze munyegere mubone byose muri jyewe kuko mfite byose byo kubaha kandi nkaba mfite byinshi byo gukomeza kubereka no kubabwira bana banjye, nimuze mbahumurize kandi muze mbatoneshe kandi mbereke buri kimwe cyose kandi mbahereze buri kimwe cyose mwifuza kandi mugomba guhabwa.

Nimugire amahoro ndabakunda kandi mugire ijoro ryiza kuri buri wese, nimuze muture mu rukundo rwanjye kandi muze mubane nanjye mu mbaraga zanjye nkomeje kubashyikiriza iteka ryose, nimwakire umugisha wanjye ubakomeze kandi ubahumurize mugire ijoro ryiza murare mu gituza cyanjye kuko iteka ryose bana banjye nkomeza kubatetesha no kubatonesha nkabaraga umubyeyi wanjye, murare mu biganza bye rero bitagatifu aborose igishura cye nanjye bana banjye mborose urukundo rwanjye kandi nkaba mbaseguye impuhwe zanjye, nimugire ijoro ryiza kandi mugire ibihe byiza turi kumwe kuri buri wese.

AMAHORO AMAHORO NDABAKUNDA KANDI NDABASHYIGIKIYE NDI YEZU KRISTU W’I NAZARETI UKOMEJE KUBAKOMEZA NO KUBAKUMIRIRA IKIBI CYOSE KANDI NKABA NKOMEJE GUHINDA NIGIZAYO IMIGAMBI MIBISHA Y’UMWANZI KUGIRA NGO ITAZA KUBAGIRIZA. AMAHORO AMAHORO TURI KUMWE NDABAKUNDA KANDI NDABASHYIGIKIYE, MBAHEREYE UMUGISHA MURI URU RUKARI NIMUKOMEREZE AHO NGAHO KANDI MUKOMEZE GUKATAZANYA ISHYAKA NDETSE N’UMWETE TURI KUMWE, AMAHORO AMAHORO BANA BANJYE TURI KUMWE NDABAKUNDA, AMAHORO!

By MONAKI

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *