YEZU KRISTU : NIMURAMBURE IBIGANZA BYANYU MWAKIRE UBUBASHA BWANJYE
UBUTUMWA BWA YEZU KRISTU, TARIKI 11 UKWAKIRA 2023
Nongeye kubasanga bana banjye kugira ngo mbahe imbaraga kandi mbuzuze ububasha kandi mbakindikizeho urumuri rwanjye bityo mbakomeze kandi mbashyigikire bikwiye kugira ngo mukomeze urugendo ubudahagarara kandi ubudasubizwa inyuma n’imigambi mibisha y’umwanzi, naje kubakuramo intinyi iyo ari yo yose kandi naje kubambura imbaraga zose z’umwanzi kugira ngo nzigizeyo bityo imbaraga zanjye zikomeze ziganze muri mwebwe kandi zibasakaremo bityo bana banjye mbashyire mu rumuri kandi mbahaze ububasha bityo nkomeze kubashyigikira no kubakomeza muri byose kuko nabatoye kandi nkaba narabitoranyirije mu bandi kugira ngo nkomeze mbereke ububasha bwanjye buhanitse kandi buhambaye, nkomeze rero kubasesuriraho ikuzo ryanjye rihanitse kandi rihambaye ibikorwa byanjye muri mwebwe bikomeze kuba ibikorwa by’intaganzwa kandi ibikorwa bidakomwa mu nkokora n’umwanzi kuko ari ibikorwa nshyigikiye kandi akaba ari ibikorwa mpagarariye mu bikorwa byanyu no mu rugendo rwanyu rwa buri munsi.
Ndi Umwami watsinze kandi ndacyari wa wundi sinigeze mpinduka ndacyari Yezu Kristu w’i Nazareti Umwami w’abami uwitanze ku musaraba nitangira benshi nkabitangira bana banjye kugira ngo murokoke kugeza na n’ubu ngubu rero mbamenyera icy’ingenzi kandi nkabamenyera igituma mubaho kandi mukabaho mu rukundo rwanjye mukaganza kandi mugakomeza kugira ubuzima buzima, nimubeho kandi mugire ubuzima mukomeze kwambikwa imbaraga kandi mukomeze kugendera mu bubasha bwanjye kuko ari ho murindirwa kandi mugacungirwa umutekano nyawo kandi mukamboneramo amahoro asesuye, nimuze mube muri jye nanjye nkomeze kuba muri mwebwe bityo iteka ryose urumuri rwanjye ruhore rubuzura, ntimuzagire icyo mubura kandi ntimuzagire icyo mukena kandi nifatikanya namwe amanywa na nijoro naraje gukomeza kubakenura no kubahugura kuri buri kimwe cyose, ngaho rero nimurambure ibiganza byanyu mwakire ububasha bwanjye mbubasenderezeho kandi mbubasakazeho bityo mukomeze kugendana nanjye muri intwari zidasubizwa inyuma n’imigambi mibisha y’umwanzi kuko mu bihe nk’ibi ngibi nururukiye gukomeza kubakomeza, gukomeza buri wese muri mwebwe gukomeza kubashyigikira no kubishyikiriza kugira ngo mbahe imbaraga kandi mbashyire mu bubasha bwanjye, erega bana banjye muri mu burinzi kandi muri mu buhungiro butavogerwa n’umubisha kuko iteka ryose mbarinda kandi nkabacungira umutekano uko biri n’uko bikwiye kandi nkakomeza guhashya umwanzi washaka kubavogera, washaka kuza kubasubiza inyuma mu bikorwa byanyu no mu rugendo rwanyu rwa buri munsi.
Erega bana banjye naratsinze kandi sinzigera nsindwa kuko iteka ryose mba mfite umutsindo mu biganza byanjye kandi mba mfite gutsindira abanjye, hari benshi rero bakerensa ibihe kandi hari na benshi bakerensa ubuhanga bwanjye n’ububasha bwanjye ariko abo ngabo nabo nkakomeza kuborohera kuko ari ikiremwa cyanjye ntabwo Mwene Muntu uko acumuye ariko nururutsa ububasha buhwatahwata kandi buhana ahubwo mutegereza akanya gato kugira ngo ndebe ukwisuzuma kwe no kwisubiraho kwe kuko ndamutse mpannye uko buri wese akoze ikosa akanya ku kandi buri muntu wese mu Isi namurimbura nkamumaraho kandi naraje gukiza Mwene Muntu no kumubohora ahubwo Mwene Muntu nakomeje kumutegera impuhwe zanjye kandi nkomeje kuzimwururukirizamo kugira ngo azigarukire kandi uwemeye kumva akagarukira impuhwe zanjye mubohore kuko iteka ryose mparanira gukiza Kiremwa Muntu kandi nkaharanira kumubohora kuko naje gukiza no kubohora Kiremwa Muntu aho ava akagera no kugira ngo nkomeze nigarurire bose kuri buri wese nacunguje amaraso yanjye kuko Mwene Muntu kandi Kiremwa Muntu ugenda mu Isi wese kandi uri mu Isi utuye mu Isi yanjye na DATA ari uwo nacunguye kandi nkaba naramucunguje amaraso yanjye nkaba nararokoye buri wese nivuye inyuma singire n’umwe nsubiza inyuma, nimukomeze rero muganze kandi mukomeze mugendane nanjye mu bikorwa no mu rugendo rwanyu rwa buri munsi kuko ndi kumwe namwe cyane kugira ngo nkomeze mbabere intwari kugira ngo namwe nkomeze mbatoze gitwari iteka ryose mugendane nanjye kuko ndi intwari namwe mugende muri intwari kuko iteka ryose umwambari w’umwana agenda nka se ni jyewe ubarongoye kandi ni jyewe ubayoboye ni jye ubashyigikiye muri iki gikorwa kandi muri uru rugendo ibikorwa mukorera hamwe muri uru rukari mu guhuriza ku cyiza kandi mu guhurira hamwe ni ibikorwa by’indashyikirwa bikomeze kugamburuza imigambi mibisha y’umwanzi kandi mukaba mukomeje kwambura umwanzi ijambo mwivuye inyuma umunsi ku wundi arabareba akabakubitira agatoki ku kandi ariko kubahangara ntabibashe kubera ko muri mu bubasha bwanjye, ikuzo ryanjye na DATA nkaba nkomeje kuribashyiramo kugira ngo mutavogerwa n’umubisha iteka ryose arabareba akabashinyikira amenyo ariko kubaruma ntabagereho ngo abarume kuko iteka ryose nkomeza kumuhashya nkomeje kandi nkamwigizayo nkomeje nkamucyaha iyo murebye ijisho ryanjye riramukangaranya akigirayo kandi akabahunga akabagendera kure bityo bana banjye nkazankakomeza nkabiyegereza nkabakomeza, ibikorwa byanyu bya buri munsi n’urugendo rwanyu rwa buri munsi nkakomeza kuruha umugisha kandi nkakomeza kubatazanurira amayira kugira ngo mukomeze mugendere mu mbaraga zanjye kandi mu bubasha bwanjye buhanitse buhambaye cyane ntacyo mubaye kandi nta n’icyo muzaba kuko mu ikuzo ryanjye na DATA nkomeje kubashyiramo, mu bubasha bwanjye nkaba nkomeje kubarinda no kubacungira umutekano nkaba nkomeje kubatsindira no kubatambutsa ibikuba ndetse n’ibikubarara, inyanja z’ibigeragezo Sekibi abategatega umunsi ku wundi nkomeje kuzicogoza kandi nkomeje kuzikamya kugira ngo mukomeze mutambuke ahumutse mwe kugenda munyeranyereza mu bunyereri kuko iteka ryose nza nkumutsa kandi igihe cyose nkategura imitego mugatambuka kandi mugatambukana ishema n’isheja mukagaragara mutsinze.
Iteka ryose rero nkomeje kwifatikanya namwe kuko ibikorwa byanjye nkomeje kubyururukiriza muri mwebwe nkomeje kandi ububasha bwanjye nkaba nkomeje kububagabira kugira ngo mubukoreshe kuko ibikorwa byanyu bya buri munsi ari ibikorwa by’indashyikirwa kandi mukaba mukomeje kwambura umwanzi ijambo mukomeje, nimukomeze muhuze kandi mukomeze muhurize ku cyiza mukomeze gutahiriza umugozi umwe nanjye ndi bugufi bwanyu cyane kandi ndi kumwe namwe cyane kugira ngo nkomeze mbakomeze kandi mbashyigikire bityo urugendo rwanyu n’ibikorwa byanyu bya buri munsi rukomeze rube urugendo rwiza ruhire kandi ibikorwa byanyu bya buri munsi birusheho gucogoza imigambi mibisha y’umwanzi bityo umwanzi amenyereho koko ko namutsinze kandi nkamutsindana n’ibye byose nkomeje kumuhirikanga nifatikanyije namwe kuko ari mwebwe nkomeje gukoresha mu bikorwa byanyu no mu rugendo rwanyu ku Isi kugira ngo nkomeze koko mbagire intore n’intumwa zanjye nshyigikiye kandi nkomeje ndangaje imbere, oya ntimugacogozwe n’imigambi mibisha y’umwanzi, ntimugaterwe ubwoba n’imihigo y’umwanzi kuko umunsi ku wundi arahiga jywe ngahigura umunsi ku wundi arabatega jyewe nkaza ngakuraho kuko kuba mugihagaze amagingo aya ngaya ari ububasha bwanjye bubarinze kandi bubashyigikiye bubabeshaho kandi bubarengera amanywa na nijoro, nateguye rero imitego nimutambuke ndabakingiye kandi ndabahagarikiye bana banjye nkomeje kubabera ivomo nimuze muvome nafunguye amasoko y’ibyiza by’ingoma yanjye kugira ngo muze muvome ibyiza muvoma bityo namwe mubisakaze ku bandi kuko iteka ryose nkomeje kubarundarunda kugira ngo nkomeze mbarundarundire mu rwuri rwanjye murishe ahari ubwatsi kandi mushoke ku mariba y’amazi afutse nkomeje kubafukurira bana banjye, ibyo mbagaburira kandi ibyo mbagabira umunsi ku wundi mba mbizi neza ko biri bubabesheho kandi bigatuma ibikorwa byanyu n’urugendo rwanyu rwa buri munsi rurushaho kuba rwiza kandi rurushaho kuba ruhire, niyo mpamvu muri ibi bihe nkomeje kubashyigikira no kubakomeza nkomeje kugira ngo ibikorwa byanjye bikomeze kwigaragariza muri mwebwe bitsinze kuko ijambo ryanjye na DATA rije gukomeza kuba ingiro mu Isi kugira ngo mbohore ibiboshye kandi ibitagenda neza mbigenze neza, oya ntabwo nzakomeza kurebera ikibi kandi ntabwo nzakomeza kureba umwanzi akomeza kwidegembya kuko nje kumukuburana n’ikibi cye cyose kandi nkaba nje guhirika intebe ye yicayeho bityo nkayibirindura kandi nawe nkamubirindura ingabo ze zose nkaziribatira hasi bityo ibikorwa byanjye bikagaragarira buri wese, ndaje ndiyiziye mu bubasha bwanjye, nje mu bubasha bwanjye buhanitse kandi buhambaye kandi nje ndi gukorera muri mwebwe biremwa byanjye kandi bwoko bwanjye na DATA nshyigikiye nkomeje gutora no gutoranya mu bandi no gutoza icyiza kugira ngo namwe iteka ryose muharanire kubaka ukuri kwanjye kutajorwa kandi ukuri kwanjye kuzira igihemu ndetse n’ikinyoma, ukuri kwanjye kutajya kurangwamo injori n’imwe, ukuri kwanjye guhora ari ukuri gutsinda kandi kurwanirira abanjye bagatsinda, murakataje rero mu bikorwa kandi mu rugendo rwanyu rwa buri munsi, ntimuteze gusubira inyuma kandi iki gikorwa sinteze kugisubiza inyuma aho mugeze ntabwo muzasubira inyuma kandi ntimuzasubizwa inyuma n’imigambi mibisha y’umwanzi, Sekibi yatangiye abona igikorwa cyanjye kirimbanyije muri mwebwe kandi nkomeje kugitangiza nkomeje arahaguruka arahagarara arasakuza ashinyika amenyo kandi akanura amaso aritambika mu buryo bwose ariko asanga ntaho yahera kuko icyo nubatse jye na DATA kitavuguruzwa na we kandi umwanzi atakitambika uko yiboneye ngo agihirikange cyangwa ngo akijajange, icyo dukomeje jye na DATA turagikomeza kandi icyo twubatse turakireberera no kukireberera niyo mpamvu rero iki gikorwa kandi uru rugendo twabatangijemo muri ubu buryo mu gukomeza kwifatikanya natwe kandi mu gukomeza kugendana natwe tubohora imigozi y’umwanzi kandi dukomeza gucagagura iminyururu y’umwanzi.
Ni igikorwa twapanze kuva kera na kare ntabwo ari icyahutiweho cyangwa ngo kizireho gutyo ahubwo ni igikorwa twari twarateguye ubu rero turi kugenda dushyira ibyacu mu ngiro nk’uko twari twarabiteguye jye na DATA niyo mpamvu turi guhigika umwanzi kandi ibindi byose tukabicecekesha ibisakuza byose kandi ibivuga byose ibivuza induru kandi ibikanuye amaso nibihume kandi ibivuza induru byose biceceke bityo ibikorwa byanjye na DATA bikomeze bigaragare kandi bikomeze bitangarizwe bose bigaragarire muri mwebwe bushyo bwanjye bwoko bwanjye niragiriye kandi nkomeje gukomereza ububasha bwanjye buhanitse kandi buhambaye, nimubeho nimuganze, nimutere imbere kandi mukomeze kogeza inkuru nziza y’ijambo ryanjye mu Isi yose bityo benshi bakurizeho kumenya imbaraga zanjye n’ububasha bwanjye buhanitse kandi buhambaye nkomeje kugaragariza bose kandi nkomeje gutangariza buri wese utuye Isi.
Mbahaye amahoro mbahaye umugisha wanjye nubakomeze kandi ukomeze ubaragire inkoni yanjye ya gishumba ibaragiye kandi ukuboko kwanye kw’indyo kubacyamura umunsi ku wundi kubariho kugira ngo gukomeze kubakumakume kubarundarundire mu ruhande rwanjye kandi kubarinde kuvogerwa n’umubisha umwanzi uwo ari we wese kandi aho yava akagera, oya nta mubisha ujya umvogera kandi nta mubisha ujya uvogera igikorwa cyanjye umwanzi iteka ryose yifuza kuba yavogera igikorwa cyanjye akifuza kuba yagihangara akifuza kuba yasubiza inyuma ibikorwa byanjye kubipanga akabipanga ariko kubigeraho ntabigeraho kuko ububasha bwanjye ntibwamwemerera ko iteka ryose yamvogera cyangwa ngo avogere ibyanjye, niyo mpamvu nkomeza kubahagararaho kubashyigikira nkomeje kugira ngo mbereke imbaraga zanjye zikorera muri mwebwe kandi mbereke ububasha bwanjye bukorana namwe, narabatoye bana banjye mbatoranya mu bandi mbashyira iruhande rwanjye kandi mbashyira mu bubasha bwanjye kugira ngo nkomeze mbuzuze imbaraga mbavugurure bikwiye kandi nkomeze kubasukura no gutegura imitima yanyu kugira ngo mbuzuze imbaraga kandi mbashyire mu rumuri nyarwo.
Muri aka kanya rero nururukiye kubakomeza no kubashyigikira mbaha umugisha ukomeje kandi mbaha umugisha wuzuye kandi usendereye bana banjye nimubeho kandi mukomeze mukataze ndi kumwe namwe ndabashyigikiye nimushire amavunane kuko mu bwitange bwanyu bwa buri munsi mbubona cyane ariko ndagira nti nimuhumure bana banjye ntibizacira aho ibihembo byanyu birahari kandi iteka ryose nzakomeza kubibavuburira no kubibahereza kandi mbereke yuko mporana namwe, muri ingabo zanjye muri intwari zanjye nimuhore iteka ryose muri intwari, erega bana banjye ntabwo mukora ubusa umunsi ku wundi mumfasha gukiza isi ndetse n’abayituye kandi mukamfasha kuyirohora ibikorwa byanyu ni ibikorwa by’indashyikirwa mu Isi kuko mukomeje kuvuguruza umwanzi no kumugamburuza mukomeje, iyo muteranye muhurije ku cyiza mukora icyiza muvuguruza umwanzi kandi mukamwambura ijambo mukomeje none ubu ngubu yabuze icyerekezo kandi yabuze amahwemo ari guturatura ameze nk’akavuravundi yabuze aho apfunda imitwe kuko amasengesho yanyu yamanutse kandi akomeje kumanuka ameze nka bombe zitwika kandi zikangaranya ibikorwa bye bibisha kandi ingabo ze zose zikaba ziri guhinda umushyitsi kubera ibikorwa byanyu bikomeye kandi bikomeje muri uko kwirekura kandi muri ubwo bwitange bwanyu, nimukomeze mwumvire ijwi ryanjye ribahamagara kandi ribahatira gukora ikiri icyiza, ndi bugufi bwanyu cyane kugira ngo nkomeze mbururukirizemo imbaraga mbatize imbaraga zanjye nkomeje kugira ngo mukomeze gukorana nazo kandi mukomeze kuzikoresha mukomeje, biremwa byanjye na DATA nshyigikiye nkomeje kuyoborana ububasha bwanjye, nimuhumure bana banjye kuko nkomeje kubagabira ubuhanga n’ubwenge n’ubushishozi kugira ngo mube abamenyi mu by’Ijuru kandi mukomeze gushishozanya ubuhanga buhanitse, mbahaye amahoro kandi mbahaye umugisha wanjye ndi Yezu Kristu w’i Nazareti nimubeho kandi muganze kuko mbashyigikiye kandi nkaba nkomeje kubakomeza nkomeje, nimugire ibihe byiza ijoro ryiza kuri buri wese ndabakunda mbashyize mu mutima wanjye mbambitse urukundo rwanjye kandi mbahaye ububasha bwanjye butavogerwa buhambaye kugira ngo bukomeze bushyigikire buri wese muri mwebwe.
AMAHORO AMAHORO IBIHE BYIZA KUGUBWA NEZA TURI KUMWE NDABASHYIGIKIYE BWOKO BWANJYE NA DATA NIMUBEHO KANDI MUGANZE MUTERE IMBERE MURI BYOSE NDABAKUNDA NDI YEZU KRISTU W’I NAZARETI UMWAMI W’ABAMI WATSINZE KANDI NKABA NKOMEJE KUBATSINDIRA, IJORO RYIZA KURI BURI WESE MURARE MU GITUZA CYANJYE KUKO MBASEGUYE URUKUNDO RWANJYE, AMAHORO AMAHORO IBIHE BYIZA KUGUBWA NEZA TURI KUMWE NDABAKUNDA, AMAHORO!
