UBUTUMWA BWA YEZU KRISTU, TARIKI 21 UKWAKIRA 2023

Mbujuje umugisha wanjye bana banjye ntumwa zanjye ntore zanjye natoye natoranyije kugira ngo mbubake kandi mbashyigikire nkaba rero muri ibi bihe kandi kuri uyu munsi nururukiye kubashyigikira no kubakomeza nivuye inyuma mbambitse imbaraga zanjye kandi mbaramburiyeho umugisha kuri buri wese umugisha usakare kuri buri wese kugira ngo ubashyigikire kandi ubasakareho hejuru hose kandi imbere n’inyuma ukomeze kubaherekeza bana banjye bushyo bwanjye nshyigikiye naratsinze kandi nzakomeza kubatsindira nkomeza kubarwanira ishyaka kugira ngo mbatsindire kandi mbaneshereze bityo icyo umwanzi yari yiteze kuri mwebwe akibabureho kandi aho yari yiteguye kubategera ahababurire, ndahari kugira ngo mbatsindire kandi ndahari kugira ngo mbaneshereze muri byose nzabarwanirira urugamba kandi mbakorere byinshi byiza by’agatangaza kandi nzabakura iteka ryose mu menyo y’abasetsi kandi mbatsindire imigambi mibisha yose y’umwanzi nigizeyo icyashaka kubasubiza inyuma kandi mpinde nigizayo imitego mibisha yose y’umwanzi, umwanzi Sekibi ahora iteka ryose ashaka kubatesa kugira ngo arebe yuko yabasubiza inyuma cyangwa yabafata bugwate naje rero kubabohora kandi naje kubigirizayo uwo mwanzi uhora iteka ryose ashaka kurekereza umwanzi uhora iteka ashaka kubahiga iteka ryose mpora mwirukana nkamuhinda nkamuhuga bityo akagenda wenyine agakomeza guhuma wenyine kuko iteka ryose nzabarwanirira nkabereka ikuzo ryanjye n’ububasha bwanjye muri mwebwe naje mu Isi gukorana namwe imirimo ndetse n’ibitangaza ntabwo naje gukina kandi ntabwo naje guseka n’umwanzi ahubwo naje kumwigizayo kumuhinda kandi naje kumuhindanya naje kumuribata kumuribatisha ububasha bwanjye namwe ntumwa zanjye namwe ntore zanjye mbahaye ubwo bubasha kandi mbahaye izo mbaraga kugira ngo mutsinde kandi murwane urugamba inkundura murutsinde nifuje rero iteka ryose kubashyigikira no kubakomeza kandi iteka ryose icyo nshatse cyose kirakorwa kandi icyo ntekereje cyose ngishyira mu bikorwa no kugishyira mu bikorwa kuko mu bubasha bwanjye ndavuga bikaba kandi nategeka bigakomera mu bubasha bwanjye na DATA turihagije dukora bimwe kandi iteka ryose ntituvuguruzanya dukomeza kwimika ubumwe amahoro ndetse n’urukundo tukigizayo imvururu zose z’umwanzi kandi imigambi mibisha y’umwanzi tukayitentebura tukayiritagura tugashyigikira ibikorwa byacu mu bacu ndetse tugakomeza gushyigikira abatwizera ndetse n’abatwaringira bana banjye nkunda kandi bana banjye nshyigikiye nimugire amahoro kandi mugire kugubwa neza ndabakomeje ndi Yezu Kristu w’i Nazareti Umwami w’abami naratsinze kandi nzakomeza gutsindira nzabatsindira bushyo bwanjye kandi nzabarwanirira nzabereka yuko ntakora nka Muntu kandi nzakomeza kubereka urukundo rwanjye imbaraga zanjye muri mwebwe ububasha bwanjye buhanitse kandi buhambaye muri mwebwe ibikorwa byanjye muri mwebwe bidateze gusubikwa kandi bidateze gusubizwa inyuma n’imigambi mibisha y’umwanzi cyangwa ibitekerezo bw’ikiremwa muntu, naraje rero kugira ngo mburanire ababuraniwe kandi ndenganure abarenganwa, naje gupfukura abapfukiranwa umunsi ku wundi naje kwigizayo abazira akarengane umunsi ku wundi naje kugaragaza ubutabera kandi naje koko guhinda umwanzi ushaka kubera iteka ryose jye rero naje nje kugaragaza ubutabera kandi naje nje kubohora Kiremwa Muntu aho ava akagera bana banjye naje kubibohorera naje kubikomereza no kubishyigikirira.

Ni iki mwabura muri mu ruhande rwanjye? Ni iki mwamburanye? Oya ntacyo kuko buri kimwe cyose ndagifite mu biganza byanjye nta n’icyabatera ubwoba murabizi mfite ububasha buhanitse kandi buhambaye nta byacitse bijya biba imbere yanjye ndahanitse kandi ndahambaye mu mbaraga zanjye ntimukagire ubwoba kuko mfite gukora kandi nkaba mfite kunesha na nyuma ya zeru ndakora mu nzira zanjye zirenze ibihumbi amagana n’amagana sinjya mbura aho nyura ngo ntabare abanyizera kandi abanyiringira kuko mfite inzira nyinshi nyuramo kandi mfite byinshi nshishamo ibyanjye bityo ngatabara kandi nkarengera ndi ububasha kandi ndi ubuzima ndi amahoro ku banyizera kandi nta wumpanga amaso ngo akorwe n’isoni cyangwa ngo akorwe n’ikimwaro, abanyiringira bose ndabakomeza kandi nkabashyigikira muri aka kanya nje kubashyigikira kandi nje kubakomeza no kubahumuriza bushyo bwanjye ntama zanjye ndagiye mu rwuri rutoshye, nimurishe kandi munywe mushire inyota kuko nabafukuriye amariba y’amazi afutse iteka ryose nimujye muza munywe kandi murye muhage kuko bana banjye nabamenyeye icy’ingenzi ndabategurira umunsi ku wundi kandi nkabateganyiriza ikiri icy’ingenzi sinzigera ntuma mwicwa n’umwuma sinzigera ntuma mwicwa n’inzara nzabamenyera icy’ingenzi ku bwa roho nzabatunga kandi nzababeshaho nzabacisha aho mwebwe mwibwira ubwanyu ko mutacishwa kandi aho Kiremwa Muntu yibwira yuko mwahasebera jyewe nzahabacisha mwambaye ikuzo ndetse n’icyubahiro bityo mwaramwaze abibwira yuko bashaka kubakoza isoni nzakoza isoni indyarya ndetse abanyabinyoma abishyira hejuru abikuza bose nzabacisha bugufi bityo ububasha bwanjye mbusakaze muri bose.

Nimwakire kubaho kandi mwakire gukomera no gukomeza urugendo bana banjye nkunda kandi bana banjye nshyigikiye nimubeho kandi nimwambare umugisha mugubwe neza kuko mbashyigikiye kandi nkaba mbasakajeho amahoro ndetse n’ibyishimo kuri buri wese, nimukomeze mukatazanye ishyaka ndetse n’umwete mu gukomeza kuvugurura ibitavuguruye mu Isi mu gukomeza gushyira byinshi ku murongo mwifatikanyije nanjye mu gukomeza kubohora ibiboshye kandi mu gukomeza kwigizayo imigambi mibisha y’umwanzi, ndaje rero kugira ngo ngendane namwe nifatikanye namwe muri ubu butumwa kandi muri uru rugendo nabahaye kugenda umunsi ku wundi mbakenura kandi mbabohora umunsi ku wundi kugira ngo nkomeze kubatazanurira amayira nigizeyo imbogamizi izo ari zo zose kandi nkomeze kuburiza intera kandi urukundo rwanjye rukomeze rubareshye rubahamagare bityo namwe mukomeze kunyitaba karame kandi mukomeze kunkurikira nta gihunga kandi nta bwoba kuko muzi ko munkurikiye mfite kubarengera no kubatabara.

Nta wunkorera ngo yikorere amaboko kandi nta wunkurikira ngo musubize inyuma nta wundeba jyewe ngo muhunze umusaya iteka ryose nita ku bampanze amaso kandi nkabarengera nkabangukira kubatabara kuko ndi umwami-rubasha kandi nkaba mbasha byose n’abanjye rero banyizera bose ndababashisha kandi bakabasha byose niyo mpamvu rero muri intumwa z’amahoro kandi mukaba muri intumwa z’ibyiza mukaba muri abogeza b’ijambo ryanjye mu Isi nkaba nkomeje kubagira intumwa nziza z’amahoro kandi nkaba nkomeje kubasesekazaho umugisha wanjye mu kubambika kandi mu kubatazanurira amayira kugira ngo mukomeze mushobore byose kandi mushobozwe muri buri kimwe cyose, mbahaye umugisha wanjye kandi nururukiye kubakomeza no kubashyigikira ndi umwami watsinze kandi nzakomeza gutsinda uko nahoze kera n’ubu niko ndi nakoze imirimo ndetse n’ibitangaza Isi ndetse n’abayituye baratangara abana b’abantu babibona bakarushaho gukuza izina ryanjye n’irya DATA na n’ubu rero ndacyari uwo nari ndi we kuva kera na kare sinigeze mpinduka kandi sinjya mpinduka sinzigera nahinduka nzakomeza kuba uwo ndi we sinjya mpinduka kandi sinzigera mpinduka sintenguha nka Muntu iyo navuze nshyira mu bikorwa kandi iyo nasezeranyije ndasohoza, ntabwo ndi umuntu ngo mbeshye ntabwo ndi umuntu ngo mbeshywe iteka ryose mpora ndi uwo ndi we kandi nzakomeza kuba uwo ndi we nzakomeza kurengera Kiremwa Muntu natabaye kandi nkomeje gutabara Kiremwa Muntu narengeye kandi nkaba nkomeje kumurengera, mbahaye amahoro kandi mbahaye umugisha mbahaye gukomera no kugubwa neza, mbinjije mu mbaraga zanjye kandi mbasesekajeho urumuri ndetse n’ububasha nimubeho kandi mugwirizwe umugisha mukomeze gukomerera mu rukundo rwanjye mukatarize icyiza kandi buri wese akomeze kwambara imbaraga zimushyigikira kandi zimukomeza muri ubu butumwa kandi muri uru rugendo narabahaye nta wuzabanyaga bana banjye narabambitse nta wuzabambura nabatazanuriye amayira nimukomeze mugende uru rugendo kandi iyi nzira muriho mugenda muri ibi bihe kandi iki gihe nabatangije uru rugendo ni igihe twateguye jye na DATA uyu mugambi wari uri mu bitekerezo byanjye na DATA n’ubwo umwanzi Sekibi atigeze abyishimira kubera ko yabonye ko uyu mugambi uje kumutentebura mu bikorwa bye bibisha aho yari yaraciye ingando hose tukahahirikanga kandi abona yuko tuje gusenyura ibyo yari yarubatse byose tukaba rero dukataje dukomezanyije namwe mu njyana yacu itazigera icogora kandi mu gukomeza gushyigikira ikiri icyiza bityo ikibi cyose tukakirandura kandi tukakirandura tugihereye mu mizi kugira ngo tugikungute bityo gishire mu mizi bityo cye kuzongera gushinga imizi bityo mu Isi yose hasakazwemo urumuri rwanjye kandi urukundo rwanjye ibyiza by’agatangaza nazaniye Mwene Muntu bimenywe na bose kandi bisesekazwe muri bose, nkomeje kubashyigikira rero kugira ngo mukomeze mubisakaze muri bose kandi mubishyire muri bose muri intumwa zanjye z’amahoro kandi muri intumwa zanjye nshyigikiye nkaba nkomeje kubarengera kubatabara kandi kubashyira mu burinzi buhanitse kandi buhambaye cyane uri kumwe nanjye ntacyo yikanga ntadandabirana kandi ntagira ubwoba bana banjye ni iki cyabatera ubwoba, bana banjye ni iki cyabakangaranya ? Nimwibuke yuko igihe cyose ntabara kandi nkarengera kandi na nyuma ya zeru ngakora bana banjye.

Nimuhumurizwe rero kuko nururukiye kubahumuriza muri aka kanya kandi nkaba nururukiye kubatabara no kubarengera nimukomeze mube mu mahoro yanjye kandi muture mu mugisha wanjye kuko mbashyigikiye kandi nkaba nkomeje kubabohora muri byose, mbasesekajeho umugisha wanjye kandi mbashyize mu rukundo rwanjye, nimwambare imbaraga kandi mube mu mahoro nyayo yuzuye kandi asendereye mbazanira kandi mbagabira umunsi ku wundi, mbashyize mu rukundo rwanjye kandi mbahaye umutima wanjye kugira ngo iteka ryose muturemo muganzemo muhabonere ibyiza by’agatangaza mutabonera mu Isi, ibyo Isi itabaha jyewe nzabibaha kandi ibyo Isi itabakorera jyewe nzabibakorera kandi ibyo Isi yibwira yuko izabakorera byo kubavutsa ubuzima no kubigizayo jyewe nzaza nigizeyo ibyo byose Isi ndetse n’abayo bibwira bityo bana banjye mbatambutse mufite ijambo kandi mufite ishema n’isheja mu maso y’abantu ndetse no mu maso yanjye kuko iteka ryose nzakomeza kubakenura no kubarenganura kugira ngo mbashyire mu burinzi bwanjye kandi mbahe ububasha bwanjye, nimukomeze rero mubeho kandi mukomeze mutekane muri kumwe nanjye kugira ngo nkomeze mbashyikirize buri kimwe cyose kandi mbashyire mu rukundo rwanjye rwuzuye kandi rusesuye, nimubeho kandi nimugwirizwe umugisha mbahaye kubaho mbahaye gukomera no gukomeza urugendo kuri buri wese, nimugire rero ibihe byiza kandi mugire ijoro ryiza urugendo rwiza kandi ruhire kuri buri wese ndabakunda kandi ndabashyigikiye ndi Yezu Kristu w’i Nazareti Umwami w’abami naratsinze kandi nzakomeza gutsinda sinzigera nsindwa bibaho nanjye abanjye ntibazigera batsindwa, nimukomeze rero namwe mutsinde, mutsinde kuko ndi umutsindo kandi mukaba mumfiteho umutsindo nimukomeze munyakire nk’umukiza kandi umurengezi n’umucunguzi mu buzima bwanyu no mu rugendo rwanyu rwa buri munsi no mu bikorwa byanyu bya buri munsi, mbifurije amahoro kandi mbifurije kugubwa neza gushyitsa imitima hamwe kandi gutekana kuri buri wese.

Amahoro amahoro ibihe byiza kugubwa neza ndabakunda kandi ndabashyigikiye bushyo bwanjye ntama zanjye niragiriye, ibihe byiza kugubwa neza kuri buri wese ndabakunda kandi ndabashyigikiye murikiye intambwe z’ibirenge byanyu kuri buri wese nimugubwe neza kandi mube amahoro mbahaye umugisha wanjye kurara aharyana kuri buri wese kandi gutekana kuri buri wese.

AMAHORO AMAHORO IBIHE BYIZA KUGUBWA NEZA NDABAKUNDA KANDI NDABASHYIGIKIYE NDI YEZU KRISTU W’I NAZARETI UMWAMI W’ABAMI AMAHORO BANA BANJYE NDABAKUNDA, AMAHORO!

By MONAKI

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *