UBUTUMWA BWA BIKIRA MARIYA, TARIKI 08 UKUBOZA 2023

Mbifurije umunsi muhire kandi ntaramanye namwe bana banjye nshyingikiye kandi ndangaje imbere nk’umubyeyi ubakunda; imugubwe neza kuko ndambuye igishura cyanjye kugira nyibatwikirize kandi DATA akaba yururukije ububasha bwe kugira ngo abaramire kandi abafashe gutsinda imyambi ya Nyakibi; mbifurije kugubwa neza kuko mbakunda kandi mbashyingikiye mu bubasha bwanjye na DATA kuko twururukije ingabo zikomeye kugira ngo zishyikire ibikorwa byanyu kandi buri gihe muhore mutera intambwe mugana imbere kuko tubarangaje imbere kandi tukaba dukomeje ku rugamba kugira ngo dutsinde umwanzi mubisha, kugira ngo tumuhindire kure kandi ntabagireho ijambo; ndabakunda kandi mukunzwe n’ijuru ryose kuko nataramanye namwe kandi nkagendana namwe, nkakorana namwe imirimo ndetse n’ibitangaza, umutsindo wanjye ukigaragaza kandi ibikorwa bya DATA bikigaragariza muri mwebwe kuko iyo dusezeranyije dusohoza kandi icyo twavuze tukacyuzuriza igihe gikwiriye.

Nimwishime kandi munezerwe kuko hari gihe cyo guterura ibisingizo, kuramya ndetse no kurata Umuremyi wa byose wabakunze kandi wabahaye ijambo kugira ngo ibikorwa bye byigaragaze mu buzima bwanyu kandi igihe cyose mutsindishe ijambo rye kandi imbaraga abambika igihe cyose  muzikoreshe, mubashe kujya ku rugamba kuko ari igihe cyo kujya ku rugamba kugira ngo duhashye umwanzi cyane cyane ugambiriye kubamara; ndi kumwe namwe rero kuko mbashyigikiye kandi mbafitiye ubwuzu bukomeye cyane cyane ko iteka n’iteka  iyo mbahamagaye mu mazina yanyu mudahwema kunyitaba kandi mudahwema kuza munsanga  munkikije kandi munkinira kugira ngo mungaragarize urukundo munkunda  kandi mungaragarize ishyaka n’ubutwari mudahwema kugaragariza DATA; nimukomere rero kandi mukomeze intambwe mujya mbere kuko uyu munsi ari umunsi  w’ibikorwa bidasanzwe kandi akaba ari umunsi w’umutsindo kandi akaba ari umunsi w’ibikorwa bikomeye twagaragajeho umutsindo wacu kandi twagaragajeho ibikorwa mu buryo bw’agatangaza, kuko hari byinshi twakoze mu Isi kandi hakaba hari byinshi twahinduye cyane cyane mu bari bishyize hejuru ndetse n’abumvaga ko bafite ijambo, abo bose tukaba twabacecekeje mu izina ryacu, tukabagaragariza ububasha bwacu kandi tukabagaragariza ko ibitekerezo byabo ntaho bifashe ndetse nta n’icyo byageza Mwene Muntu kuko uwiringiye Imana ntacyo abura kandi uwiringiye Imana ntakorwa n’isoni n’ikimwaro.

Mwahisemo rero neza bana banjye kandi muhitamo igikwiriye, muhitamo inzira nziza y’ubutungane; nimukoze muyikatarizemo kandi mukomeze mwakire ibyiza bikomotse mu ijuru kuko dukomeje kubafungurira amayira kandi dukomeje gufungura amasoko mu buzima bwanyu mu kubagura imitima ndetse no kurushaho kubasesekezaho ububasha bukomeye kugira mutere intambwe mujya mbere kandi mukomeze urugendo mwatangiye kugira ngo iteka n’iteka duhore dukorana namwe kandi duhore tugaragaza ububasha bwacu n’imbaraga zacu muri mwebwe; erega ni intangiriro y’ibikorwa bidasanzwe mu Isi kandi ni intangiriro ikomeye cyane ari nayo mpamvu ikomeye cyane umwanzi ari kubarwanya kandi ari kubashaka kugira ngo arebe ko yabatsikiza kandi arebe ko yabakura ku murongo kuko ari kubona hari benshi muri kugenda muzana mu nzira akabona rero muri kumunyaga; niyo mpamvu abashakashaka kandi akabakubitira agatoki ku kandi kugira ngo arebe uko yapfwobya kandi yashwanyaguzwa ibikorwa ndetse n’integuro tuba twabateguyemo; ariko kandi ni igihe cyo kuba maso kandi ni igihe kandi kwitegura kandi ni igihe cyo kwambara imbaraga kugira ngo mukomere mu kwemera, mu kwizera ndetse no mu rukundo kuko ufite ibyo byose ntacyo abura kandi akena kuko tuza tukamuganirira kandi tukamugaragariza ububasha bwacu kandi tukamuha umutsindo wacu.

Nimwakire rero ibyishimo bisendereye kandi mwakire ubutwari kugira ngo mukomeze urugendo mwatangiye kuko mbarangaje imbere nk’intwari kandi nkaba mbarangaje imbere nk’umurwanyi udahusha iteka n’iteka nkabarwanirira  kandi nkagaragaza umusaruro muri mwebwe; ndabakunda kandi mukunzwe n’ijuru ryose kuko mushyishyikiwe na DATA mu buryo bukomeye kandi mu buryo budasanzwe, mukaba mwangaragarije imbaraga kandi mukaba mwangaragarije ububasha ndetse n’urukundo mukunda Ijuru ryose nk’uko mudahwema kubigaragaza kandi nk’uko mudahwema gushyigikirana bityo icyo mwatojwe ndetse n’icyo mwashyiriweho mukaberaho kugishyira mu ngiro ndetse no mu bikorwa kugira  ngo Iasi ndetse n’abisi, abo ngabo bumva ko babafiteho ijambo mubereho kubacecekesha kandi mubereho gushwanyaguzwa ibitekerezo byabo.

Nimukomere rero kuko niyeretse buri wese kandi nkaba nagendanye namwe mu rugendo rwanyu rw’isengesho, nkuzururiza ibyifuzo byanyu kandi icyo mwasabye nkaba nakibagwirije kuko  navubuye imbaraga zikomeye kandi nkaba nururukije ububasha bukomeye kuri wese, ububasha bumurinda kandi ububasha bumukomeza mu kwemera kugira ngo ukwemera kwanyu gushinge imizi kandi icyo musaba kandi icyo mwifuza tubashe kukibaronsa kandi tubashe kukibakomereza kuko ari igihe cyo kubarinda kandi akaba ari gihe cyo kubashingira ihema kugira ngo mwishyire mwizane mu bikorwa bya DATA; erega nta n’umwe ushobora kubatunga urutoki kandi nta n’umwe ushobora kubakumira mu bikorwa byacu  kuko twururutse mu mbaraga zikomeye kandi intangiriro tukaba tuyitangiye akaba ari igihe rero cyo kugira ngo mutuze kandi mutekane kugira ngo mumenye urugamba muriho kandi mumenye n’umwanzi murwana na we ko ari Sekibi, mumurwanye kandi mumuhinde ahubwo murusheho gusabira benshi biyambitse kandi akomeje gukoresha kugira ngo abo ngabo mubarure mu nzara z’umwanzi kandi mubashe ku bagarura mu murongo kuko isengesho ryanyu rifite benshi rirohora kandi rikaba rifite benshi rigeza ku mukiro.

Ndi utarasamanywe icyaha rero namwe igihe cyose muhore mucyange kandi muhore mugihinda ndetse mugisohore  no mu bo cyabase kandi no mu bo cyagize imbata kugira ngo urumuri rwanyu rubashe kubamurikira kandi ububasha tubaha bubashe kubasukura bityo buri wese anogere DATA kandi buri wese anyurwe no kuba mu gushaka k’uhurahol; mbifurje umunsi mwiza, ndabakunda cyane biremwa b’uhoraho, bana banjye twakoranye urugendo kandi twakoranye imirimo ndetse n’ibitangaza; erega uwo mukorera arabazi kandi igihe cyose ahora abemenya kandi akabamenyera icy’ingenzi kuko abhemba kandi akabagaragariza ibikorwa mu buryo bwa gatangaza kandi akabagaragariza umutsindo mu buryo bukomeye, mwebwe ubwanyu ibyo mubona bidashoboka tukabishobora kuko nta na kimwe kidashoboka mu buzima bwacu ndetse no mu nteguro zacu kuko nta na kimwe gishobora kubagirirwaho tutabyifuje kandi tutanabishatse.

Nimwakire rero imbaraga kandi mwakire umutsindo mu biganza byanyu, kuko ari igihe cyo kwishima kandi akaba ari igihe cyo guterura ibisingizo murata Ubutatu Butagatifu, budahwema kubigaragariza kandi budahwema kubana namwe kuko bubashyigikiye kandi akaba aribwo bubarangaje imbere mu bikorwa; isaha nk’iyi ngiyi rero akaba ari igihe cyo gutaraka kandi akaba ari igihe cyo gukingura imitima yanyu kugira ngo tubasendereze ingabire kandi tubasendereze ibyiza twabageneye kuri uyu munsi.

Mbifurije umunsi mwiza kandi mbifurije gukomera, nimugire kugwira kandi mugire gusagamba kugira ngo ibikorwa byayu bigere hirya no hino ku Isi kandi  birohore benshi kandi  bitarure benshi batataniye mu mayira kugira ngo mubereho kurundanya benshi kandi mubereho kuzana benshi mu mukiro kuko ibyo mugenda muhura nabyo ndetse n’inzitizi mugenda muhura nazo,  hari benshi bigenda biha isomo bityo  bikabakurizaho guhinduka kandi bikabakurizaho kugaruka mu murongo; ntimukinube rero kandi ntimukajye kure cyane cyane iyo mubona hari ibigoranye ndetse n’ibiruhije kuko tuba dufite uko dutegura kandi tukaba dufite inzira tugoma kubanyuzamo igihe cyose rero tukabereka igikwiriye kandi tukabereka ibikorwa byacu kandi bikagaragarira ku Isi yose kandi bikagaragarira Kiremwa Muntu cyane cyane abafite amaso bakabona  ndetse n’abafite amatwi bakumva kandi bakabasha gusobanukirwa kandi bakabasha guhinduka ariko kandi intumva ntizibura kunangira umutima ariko kandi ntibazabura no guhura n’ibihano ndetse no guhura n’ibyago bikakaye kuko  igihe nk’iki turimo kugenda dutanga amasomo kugira ngi abareba barebe, ndetse n’abumva bumve n’abahinduka bahinduke; ariko kandi abakomeje kunangira umutima ni igihe cyo kubashwanyaguzanya n’ikibi cyabo kuko tutazakomeza kurebera Kiremwa Muntu winangiye kandi ukomeje kunangira umutima we; mwebwe rero murahirwa kuko mwashyizwe ku ruhimbi kugira ngo muhore mwenyegeza kandi muhore ku gicaniro kugira ngo igicaniro cy’Uhoraho Imana gikomeze cyake kandi gihore cyakira Isi yose kugira ngo mubereho kumurikira Isi yose kandi mubereho kwamamaza izina ry’uhoraho ryatsinze kandi ryabatsindiye; ndabakunda rero bana banjye kandi ndabakomeje, nishimanye namwe kandi ntaramanye namwe, mbasesekajeho ibyishimo byanjye kandi mbakinguriye umutima wange utagira inenge kugira ngo ubutarasamanywe cyaha bwanjye burusheho iteka kubigaragariza bityo namwe igihe cyose muhorane amatara yaka kandi muhorane umutima usukuye kuko ari wo DATA yifuza kandi nanjyee akaba ari cyo nifuza  kandi hari byinshi twakoranye namwe kuri uyu munsi.

Mbifurije umunsi mwiza, nimukomere kandi mwakire imbaraga, mwakire umutsindo kuko ari igihe cyo kuganza kandi akaba ari igihe cyo kwishima no kunezerwa kuko dukoranye ibirori kandi tukaba dukoranye imirimo ikomeye kandi na n’iyi saha tukaba tukiri kugaragaza ububasha bwacu kugira ngo tuburizemo imigambi ya Nyakibi kandi abakomeje kwishyira hejuru, ni igihe cyo kubashwanyaguzanya n’ibibi byabo kugira ngo abakomeje kwisimbukuruza tubahananure bityo dukuze abintamenyakana; ni igihe rero cyo gukomeza gutega ibiganza kandi si igihe cyo kurangara ahubwo ni igihe cyo kuguma ku mazamu yanyu kugira ngo mukomeze musenge kandi mwenyegeza kugira ngo urumuri rwanyu rurusheho gusunika ibibi by’umwanzi kandi murusheho guhinda kandi murusheho  gusenyagura iby’umwanzi yubatse bityo twubake ibyacu kandi bibashe gushyigikirwa kandi bibashe kugirira akamaro Kiremwa Muntu kuko ari igihe cyo kuzana benshi mu mutima wanjye kandi akaba ari igihe cyo kuzana benshi mu Mutima  Mutagatifu wa Yezu Kristu; mbifurije umunsi mwiza, nimwishime kandi munezerwe kuko ijuru ryose ryataramanye namwe, Ubutatu Butagatifu bukaba buri kumwe namwe, abamalayika ndetse n’abatagatifu bakaba baje kwifatikanya namwe mu kwizihiza uyu munsi muhire wanjye kandi mukwizihiza ibi birori bidasanzwe cyane cyane twagaragajemo umutsindo wacu mu buryo bufatika kandi mu buryo bugaragarira Isi yose.

MBIFURIJE UMUNSI MWIZA, NDABAKUNDA CYANE, NDI MARIYA NYINA W’IMANA, UTARASAMANYWE ICYAHA, AMAHORO AMAHORO!

By MONAKI

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *