UBUTUMWA BWA YEZU KRISTU, TARIKI 23 UKUBOZA 2023

Mbifurije umunsi mwiza ntore zanjye kandi biremwa byanjye na DATA, mbifurije gukomera no gusenderezwa imbaraga muri aka kanya kandi mbifurije gusenderezwa ibyiza byose bikomoka mu biganza byanjye na DATA kugira ngo mukomeze gusenderezwa imbaraga kandi mukomeze gusenderezwa ubuntu bugeretse ku bundi ku bw’ibyiza byose mukomeza kugenda mugirira Isi ndetse no ku bw’imirimo ikomeye dukomeza kugenda dukorera muri mwebwe umunsi ku wundi ndi kumwe namwe iminsi yose kandi nkomeje kubarangaza imbere mu buryo budasanzwe kugira ngo iteka ryose mukomeze mwizihirwe n’urukundo rwanjye kandi mukomeze munezerezwe n’imbaraga nkomeza kubagabira buri munsi; nimugire kugubwa neza kandi mugire gukomera bityo iteka ryose mukomeze mutege ibiganza kandi mukomeze mwishimire ibyiza byose nkomeza gusendereza mu buzima bwanyu; nimukomeze guhanga amaso ibikorwa byanjye bitagatifu kandi mukomeze guhanga amaso imirimo yanjye mitagatifu mu Isi kugira ngo iteka ryose mukomeze mwizihirwe no kwakira ububasha butagatifu dukomeza kubasendereza kandi dukomeza kubagabira buri munsi; nimukomere ku rugamba kuko ibyiza byose mwifuza nkomeza kubibagabira kandi ngakomeza kubasendereza urukundo rwuzuye kandi rusesuye kugira ngo iteka ryose muhore muteze ibiganza kandi mukomeze mugire icyizere cy’urukundo rwanjye rutagatifu nkomeza kubuganiza mu buzima bwanyu; nimukomeze mugirire igishyika roho zitabarika kandi koko mukomeze mwubake urukuta rukomeye rukomeza gukingira umwanzi ndetse no gukuraho ikibi cyose cyane cyane mu byo umwanzi aguma gukomeza kugaragaza muri iyi minsi kandi mu byi umwanzi akomeza kugenda yivurugutamo muri iki gihe kugira ngo mukomeze kubungabunga ubuzima bwa roho zitabarika kandi mukomeze kubungabunga ubuzima mu Isi yose kugira ngo iteka buri wese akomeze kugira umutekano kandi akomeze kugira ubusabane butagatifu hagati ye n’Ijuru muri iki gihe; nimukomere ku rugamba kandi mukomeze gutagatifuza ndetse no gutabara roho zose mu Isi zitabarika cyane cyane benshi bagikeneye kwakira umukiro kandi benshi bagiteze ibiganza kugira ngo basenderezwe imbaraga zacu mu buryo budasanzwe kandi muri iki gihe kugira ngo iteka ryose buri wese ahore ateze ibiganza kandi ahore yizihirwa no kwakira umutekano wanjye mugabira kandi no kwakira ibyiza byanjye byose nkomeza kubasendereza buri munsi; nimugubwe neza kandi murusheho kwakira imbaraga zibakomeza kandi zibatagatifuza kugira ngo iteka ryose muhore murangamiye imbaraga zanjye kandi mukomeze murangamire ibikorwa byanjye bitagatifu nkomeza gusendereza mu buzima bwanyu umunsi ku wundi; nimugire kugubwa neza kandi mukomere bityo mukomeze mutwaze bityo murusheho kwakira imbaraga zibatagatifuza kandi zibakomeza kugira ngo iteka muhore muri mu rumuri rwanjye rutagatifu kandi mukomeze mumurikirwe mu ntambwe zanyu za buri munsi kugira ngo mukomeze murangamire imbaraga dukomeza kubaha kandi dukomeza kubagabira ndimo kubagabira ibyiza bidasanzwe kandi ndi kubasendereza imbaraga zikomeye zibaha koko kuba abahamya b’ijambo ryanjye na DATA kandi kugira ngo iteka ryose muhore mwizihiwe no kwakira umukiro mutagatifu nkomeza kubasendereza; nimuhore muri maso kandi mukomeze murwane urugamba murwanirira roho zitabarika kugira ngo cyane cyane benshi bari mu burangare muri iyi minsi kandi benshi koko bakomeje guhugira mu bibi bitandukanye, umwanzi Sekibi akomeje kugenda arangaza kandi akomeza kugenda atera guhuga mu by’Ijuru kugira ngo bose mukomeze kubabera maso kandi mukomeze koko kubagira inkingi zikomeye kugira ngo bakomeze koko kurandatwa kandi bakomeze gufatwa n’imigozi mitagatifu kandi bakomeze mukomeje kugenda mufatisha Isi mu byiza byose mukomeza kugenda mukorera Isi yose muri iki gihe, muri ku rugamba rukomeye kuko mugomba kuzana roho zose kandi mugatagatifuza ibiremwa bityo imbaraga zacu zikabigaragarizamo kandi urumuri rwanjye rutagatifu rukabasendera DATA yabagabiye imigisha kandi akabasendereza byose mwifuza mu buzima bwanyu kugira ngo mukomere kandi koko mukomeze kwakira imbaraga zibaha guhura n’urukundo rwacu kandi mukomeze gusenderezwa imbaraga zidasanzwe zibaha gutagatifuzwa kandi koko zikabaha kunyurwa n’ibyiza byose tubagabira kandi dukomeza kubasendereza.

Nimwakire imbaraga kandi mwakire ubutwari kuko nabatonesheje kandi nkabagabira byose kandi nkaba nkomeza kubahunda imbaraga kandi nkabasendereza ibyishimo kugira ngo iteka ryose muhore mwugariwe n’urukundo rwanjye kandi muhore murindwa ikibi cyose ariko musenderezwa imbaraga zidasanzwe kandi ariko mukwirakwizwamo urukundo rutagatifu dukomeza kubaha kubungabunga ibyiza bitagatifu kandi dukomeza kubaha gusabagizwa n’ibyishimo bisendereye kandi koko bikomeza kubaha kunga ubumwe mu bubasha bwanjye butagatifu; niyo mpamvu mbarangaje imbere mu bikorwa bidasanzwe kandi ku mirimo itangaje nkomeje kugenda nkorera muri mwebwe kuko ibikorwa byanyu mukomeje kugenda mwubakira Isi urukuta rukomeye kandi mukomeje kugenda mukora byinshi bitandukanye mu masengesho yanyu ya buri munsi abe ariko mukomeza gukingira roho zose kandi mukomeza koko kubaka inkuta zigomba kuzitira umwanzi kandi zikura ikibi cyose mu nzira kuko kumvikanisha imbaraga zidasanzwe kandi turusheho kumvikanisha ibikorwa byacu bitagatifu; niyo mpamvu ibikorwa byacu bikomeza guhindisha Isi yose umushyitsi kandi bigakomeza gukangaranya imitimi myinshi cyane cyane benshi batarakira urukundo rwacu kandi benshi bakinangiye umutima kuko hari benshi bakomeje kwihambira ku ngeso mbi z’umwanzi kandi hari benshi bakomeje kwihambira ku kibi cyane cyane abo umwanzi akomeje kugenda ashukisha byinsi bitandukanye; niyo mpamvu rero ibikorwa byanyu mu Isi kandi amasengesho mukomeza kugenda muterera Isi yose muri iki gihe akomeza kugenda asenya imitima kandi akomeza kugenda akangaranya benshi kugira ngo barusheho kumva imbaraga zacu kandi bakarushaho kugirira ubwoba ibikorwa byacu bitagatifu turimo kugenda dukora muri iki gihe; erega imirimo yacu irarimbanyije kandi irakataje kuko turimo gukora ku buryo bukomeye kandi koko tukaba turi gukwirakwiza imbaraga zacu mu Isi kugira ngo duhananture imitima ya benshi kandi turusheho gushyira byose ku mugaragaro turangize icyo dushaka mu Isi kandi turusheho kuzuza isezerano twagiranye n’Isi yose muri rusange.

Nimukomere ku rugamba ntumwa zanjye kandi ntore za DATA bityo mukomeze kwizihirwa n’ububasha butagatifu dukomeje kubasendereza bityo ibyiza byose dukomeza kubagabira bikomeze kubatunga kandi bikomeze kubabeshaho kugira ngo mukomeze mwakire umukiro mutagatifu kandi mukomeze mwakire ibyiza byise dukomeza kubasendereza mu buzima bwanyu.

Mbifurije umunsi mwiza nimukomere kandi murusheho kwambara imbaraga bityo mugire ubuzima bwuzuye kandi busesuye kugira ngo mukomeze gukomera mu rukundo rwanjye kandi mukomere ku mbaraga zanjye ntagatifu nkomeza kubasendereza buri munsi; nimugire kugubwa neza ntore za DATA kandi bana banjye kandi nshuti zanjye kuko iteka ryose nabakungahaje kandi nkabagabira byose bityo mukomeze mwakire umukiro kandi mukomeze munezerezwe n’urukundo nkomeza kubagabira kandi nkomeza kubasendereza; nimuganze kandi mugire kubaho muganje muri jyewe kandi muganje muri DATA bityo murusheho kwagura imitima kugira ngo mwakire imbaraga zanjye kandi mukomeze kwakira ububsaha butagatifu nkomeze kubasendereza kugira ngo dukomezanye urugendo kandi dukomezanye injyana y’icyiza kuko nabasendereje ububasha kandi nkabambika urumuri rutangaje koko rugomba gukangaranya Isi ndetse n’abayo kugira ngo imirimo yanyu ya buri munsi kandi aho muri hose mwumvikanishe urukundo kandi mwumvikanishe imbaraga zanjye bityo iteka ryose nkomeze kubarangaza imbere kandi nkomeze kubayobora mu bihe bidasanzwe kandi kuri uyu murimo mutagatifu mbarangajemo imbere kandi nabateguriye; erega ibi bikorwa ni ibyanjye na DATA kandi uyu murimo ni uwanjye na DATA; niyo mpamvu tugomba gukora byose muri mwe kandi tugasendereza byose mu buzima bwanyu kugira ngo mudacogora kandi mutarambirwa ahubwo iteka ryose muhore mwakira urukundo rwanjye kandi mukomeze munezerezwe n’imbaraga nkomeza kubasendereza kandi nkomeza kubagabira buri munsi.

Nimugire kugubwa neza ntore zanjye kandi mukomere ku rugamba kuko iteka ryose mbakwizamo ibyiza byanjye kandi nkabasendereza umugisha wanjye usesuye kandi wuzuye kugira ngo mukomeze mwakire ibyiza byose kandi mukomeze musenderezwe imbaraga zidasanzwe zibaha koko kunga ubumwe mu rukundo rwanjye kandi koko zibaha gukomeza kwibumbira hamwe mu byiza byanjye bitagatifu kuko nabasendereje imbaraga kandi nkabaha kwibumbira hamwe kugira ngo iteka ryose muhore mwizihiwe n’umubano mutagatifu nkomeza kugirana namwe kandi mu bikorwa bitagatifu nkomeza kugenda nkorera mu buzima bwanyu; mbarangaje imbere kandi ndabaragiye mu rwuri rwanjye rutoshye kugira ngo nkomeze kubabungabunga bityo iteka ryose nkomeze kubahindira ibirura byose kandi nkomeze kubabumbira hamwe mu rukundo rwanjye kugira ngo mwumve ko ndi umushumba ubarangaje imbere kandi mwumve ko ibyiza byanjye byose bitagatifu biganje mu buzima bwanyu umunsi ku wundi.

Nimugubwe neza rero kuri uyu munsi kandi mukomeze injyana y’icyiza kugira ngo iteka ryose muhore muri maso kandi mukomeze mwakire ibyiza byose kuko tugikomeje urugamba  kandi tugikomeje gutabara ndetse no kuzahura Isi yose kugira ngo dukomeze kumvikanisha imirimo yacu mu Isi kandi dukomeze gusendereza ibikorwa byacu bitagatifu mu mitima yose kandi mu biremwa byose cyane cyane biganje mu Isi bityo urukundo rwacu rukomeze gukwirakwizwa mu mitima yose kandi rukomeze gutagatifuza roho zitabarika muri iki gihe; nimukomere kandi mugubwe neza kuri buri wese kandi mbifurije gukomera ndetse no gutwaza bityo mukomeze mwishimire ibyiza byanjye nkomeza kugenda nkorera muri mwebwe.

Ndabayoboye mu bikorwa bidasanzwe kandi ku mirimo itangaje kuko ndushaho kubagaragarizamo ibimenyetso ndetse n’ibitangaza bitangaje mu Isi yose kugira ngo nkomeze kubagaragariza ko ndi muri mwe kandi nkomeze kubungabunga ubuzima bwanyu bwa buri munsi; niyo mpamvu turi kugamburuza umwanzi ku buryo bukomeye kandi turi gukura ikibi cyose mu nzira ku buryo budasubirwaho kugira ngo dusukure inzira zanyu kandi dusukure ibikorwa byanyu bitagatifu kugira ngo icyo twavuze muri mwebwe kandi ijambo ryacu ritagatifu rigomba gukwira muri mwe kandi rigomba kubaka ubuzima bwanyu koko rikomeze ribatagatifuze kandi rikomeze ribahaze ibyiza byose mwifuza kugira ngo mukomeze kuzirikana urukundo rwanjye kandi mukomeze kuzirikana imbaraga zanjye ntagatifu nkomeje gusendereza mu buzima bwanyu.

Umunsi mwiza turi kumwe ntumwa zanjye kandi ntore za DATA nimukomeze mwakire imbaraga kandi mukomeze munezerezwe n’ububasha butagatifu kugira ngo mukomeze mwizihirwe kandi mugire ubuzima bwuzuye kandi busendereye; nimukomezwe n’umugisha wanjye ku bw’ibikorwa bitagatifu mukomeza kugenda mukorera Isi ndetse no ku bw’ubwitange n’urukundo mukomeza kugenda mugaragariza ibiremwa byose; mbahaye umugisha wanjye kugira ngo ubakomeze kandi ukomeze kubatera inkunga kandi ukomeze kubatera imbaraga muri iki gihe kugira ngo mukomeze mugire imbaraga kandi mukomeze mugire ubutwari muri byose kugira ngo mukomeze gushobora byose kandi mukomeze kumvikanisha ijambo ryanjye ritagatifu mu Isi ndetse impuhwe n’imbabazi bya DATA bikomeze kumurikira Isi yose muri iki gihe.

AMAHORO AMAHORO, UMUNSI MWIZA KURI BURI WESE, NIMUGUBWE NEZA KANDI MUKOMERE NTUMWA ZANJYE KANDI NTORE ZA DATA, MUKOMEZE GUSENDEREZWA IBYISHIMO KANDI MUKOMEZE GUSENDEREZWA AMAHORO KUGIRA NGO UMUGISHA WANJYE MUTAGATIFU UBAHOREHO KANDI UKOMEZE GUKOMEZA INTAMBWE ZANYU KANDI UKOMEZE GUKOMEZA IBIKORWA BYANYU BYA BURI MUNSI; NDI YEZU KRISTU W’I NAZARETI, AMAHORO AMAHORO!!!

By MONAKI

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *