UBUTUMWA BWA MUTAGATIFU MARITA, TARIKI YA 04 GASHYANTARE 2024

Mbifurije amahoro y’Uhoraho Imana biremwa bya DATA dushyigikiye kandi ndabakomeje mu rukundo rwe rw’agatangaza kugira ngo dukomeze kugendana kandi dukomeze gukorana imirimo ikomeye mu Isi yose bityo ibikorwa byacu bikomeze kwigaragaza kandi bikomeze kumvikana ku bw’ububasha bwa DATA kuko ari igihe cyo kuzuza byose kandi ari igihe cyo gukura mu nzira ibikorwa byose by’umwanzi kugira ngo imirimo ya DATA ikomeze gukorwa mu kiremwa muntu kandi ikomeze kwigaragaza ; nkomeje kubana namwe kuko nkomeje kubategura kandi dukomeje kubateguriramo ibyiza kugira ngo dukomeze kugendana kandi dukomeze guterana intambwe bityo musingire ibyiza Uhoraho Imana yabateguriye kandi musingire ibyiza by’ubwami bwa DATA kuko mwabikoreye kandi mwabiteguriwe mu buryo bw’agatangaza kandi mu buryo bunogeye Umuremyi wa byose ; nimugubwe neza muri uyu mwanya kuko dukomeje kugendana namwe kandi dukomeje gukorana imirimo ikomeye kugira ngo intsinzi ya DATA kandi umutsindo we ugomba kumvikana mu Isi yose ukomeze gushyirwaho kandi ukomeze kubakwa mu bikorwa mukomeje gukora mwitanga kandi mu bikorwa byo gusoza byose mu Isi, kugira ngo twinjirane mu bikorwa bishya kandi twinjirane mu mirimo mishya igomba kwigaragaza kandi igomba kugaragarira buri kiremwa cyose.

Ndabashyigikiye rero mu rukundo kandi ndabakomeje mu byishimo n’amahoro kuko ndi kumwe namwe kugira ngo dukomeze guhagarika ikibi cyose cy’umwanzi kandi dukomeze kugamburuza imigambi ye yose bityo ibikorwa byacu bidahangarwa kandi imbaraga zacu zitavogerwa zigomba kwigaragaza kandi zigomba gusakazwa mu Isi yose dukomeze kuzumvikanisha kandi dukomeze kuzigaragaza kuko ari igihe cy’umusozo wa byose kandi kikaba n’igihe cy’intangiriro y’ibikorwa byacu mu buryo bugaragara kandi mu buryo bufatika.

Nimukomeze kuba mu rukari rw’Uhoraho Imana kandi mukomeze kwenyegeza ubudahuga kandi ubutarambirwa n’ubutananirwa kuko turi kumwe namwe kugira ngo dukomeze kubatera imbaraga n’ubutwari kandi dukomeze gukorana imirimo ikomeye kuko ari igihe cyo kugira ngo buri wese yegere ya meza ya DATA kandi buri wese yegere ibyiza yateguriwe mu rukundo, amahoro n’ibyishimo kuko nta kigomba guhindura umugambi wa DATA ku buzima bwanyu kandi ku mirimo mwakoreye Isi kandi mukomeje kwitangana umwete n’urukundo.

Ndabashyigikiye rero mu byishimo n’amahoro kandi nkomeje kubakomeza kugira ngo twuzuze byose kandi tugamburuze imigambi yose y’umwanzi, bityo ibikorwa byacu bikomeze kumvikana kandi integuro yacu y’agatangaza igomba kuvugurura byose ndetse no guhindura buri kimwe cyose mu Isi dukomeze kuyigaragaza kandi dukomeze kuyumvikanisha kuko dukomeje gukorana imirimo ikomeye kandi hari byinshi dukomeje gukorana muri uyu munsi kugira ngo ibikorwa byacu byigaragaze kandi amayira ya DATA y’ibikorwa bye mukomeze kuyatazanura mu bwitonzi kandi mu bwicishe bugufi n’urukundo kuko hari byinshi dukomeje kuzuza kandi hari byinshi dukomeje gukora kugira ngo umwanzi akomeze gutsindwa ku mugaragaro kandi imbaraga zacu zikomeye muri mwe zigaragaze kandi zigaragaze umutsindo wa bose mu Isi yose.

Nimugubwe neza rero muri uyu mwanya kandi mukomeze kwishimira integuro ya DATA mu buzima bwanyu kandi ku kiremwa cyose kiri mu Isi kuko ari igihe cyo kuzuza byose kandi ari igihe cyo gusohoza amasezerano ya DATA kugira ngo umuryango we ukomeze kunezerwa kandi ukomeze kwishimira ibyiza byose Umuremyi wa byose yateguye kandi yateguriye abamukunda ; ndabakomeje rero mu mbaraga n’urukundo kandi nshyigikiye buri we mu rukundo, amahoro n’ibyishimo kuko ndi kumwe namwe kugira ngo dukomeze kugendana kandi dukomeze kubaha ibyiza bihoraho bya DATA kandi dukomeze kwinjirana mu murwa wa DATA kugira ngo ibikorwa bye bikomeze kumvikana mu buzima bwanyu kandi byigaragarize Isi yose.

Mbifurije umunsi mwiza, ibihe byiza, kugubwa neza, nimukomere mu rukundo kandi mukomeze kwenyegeza ibyiza bya DATA kuko ari igihe cyo kwishimira imirimo mwakoze kandi ari igihe cyo kwishimira ibikorwa bikomeye mukomeje gukorera Isi yose kandi mukomeje kugaragariza buri kiremwa muntu.

Mbifurije kugubwa neza ntore dushyigikiye kandi bana banjye nkunda kandi nkomeza umunsi ku wundi kugira ngo ibyiza byacu bikomeze kumvikana mu buzima bwanyu kandi bikomeze kubaramira kuko hari byinshi dukomeje gukorana kandi hari byinshi dukomeje kuzuza kugira ngo dusoze byose kandi dutangirane imirimo mishya kandi ibikorwa bishya mu Isi yose.

Amahoro kuri buri wese, ibihe byiza, kugubwa neza, ndabashyigikiye mu mbaraga n’urukundo kandi ndabakomeje mu byishimo n’amahoro, ndi Mutagatifu Marita, kugira ngo mukomere ku rugamba kandi mukomeze kuba intwari zarwo, kuko turi kumwe kugira ngo buri wese akomeze guhabwa amapeti y’ibyiza mukomeje gukora kandi mukomeze guhabwa urwunguko rw’imirimo y’ubwitange mwagiriye buri kiremwa cyose kiri mu Isi mutarobanuye kandi mutarebye igihagararo kandi mutarobanuye amasura ; bityo mugakorera bose kandi mukitangira bose kugira ngo basobanukirwe n’ibyiza by’ubwami bwa DATA kandi basobanukirwe n’urukundo rwe rukomeye ; nanjye rero ndabashyigikiye mu rukundo kandi nkomeje kubambika imbaraga kuko mbagabiye urukundo rwa DATA kugira ngo rukomeze gutura muri mwe, bityo mukomeze kuba abitangira ingoma ya DATA kandi abitanga mu rukundo kugira ngo igihe cyose muhore mugaragiye intebe ye kandi muhore mushengereye uruhanga rwa DATA ubudahuga kandi ubutarambirwa.

MBIFURIJE IBIHE BYIZA, KUGUBWA NEZA, NDABAKUNDA KANDI NDABASHYIGIKIYE MU MBARAGA N’URUKUNDO, NDI MUTAGATIFU MARITA, AMAHORO, AMAHORO !

By MONAKI

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *