UBUTUMWA BWA YEZU KRISTU, TARIKI YA 08 GASHYANTARE 2024

Mbifurije umunsi mwiza ntore zanjye na DATA kandi mbifurije kugubwa neza kuri buri wese, gukataza ndetse no gutera intambwe koko mwinjira mu bikorwa bitagatifu byanjye na DATA kandi mwinjira mu bubasha bwacu butagatifu budasanzwe mu buzima bwanyu kugira ngo iteka ryose muhore mutagatifuzwa kandi mukomeze gusenderezwa imbaraga z’umukiro mutagatifu kuko dukomeje gukataza kandi mukomeje gutera intambwe mu bikorwa byacu bikomeye ariko dukomeza kugenda tubasendereza ububasha butagatifu kandi koko dukomeze kugenda tubinjiza koko mu bikorwa bitagatifu kandi koko ku buryo bwimbitse kuri buri wese kugira ngo urukundo rwacu rukomeze kubigaragarizamo kandi koko mukomeze guhazwa umukiro wanjye na DATA udasanzwe muri iki gihe.

Nimwakire ubutwari kandi mwakire gukomera kuri buri wese kugira ngo koko murusheho gukataza musanganira ibikorwa byacu bitagatifu kandi koko murusheho gusanganira imirimo yacu mu buzima bwanyu kugira ngo ikomeze kubigaragarizamo kandi ikomeze kubahaza umukiro ndetse no kubahaza ibyiza byose mwifuza, iteka ryose muhore muteze ibiganza kandi koko muhore mwambaye umukiro w’ububasha bwanjye butagatifu, muhazwa ibyiza by’agatangaza kandi muhazwa inzira y’ubutungane kuri buri wese ; ndi rwagati muri mwe nkomeje kubarangaza imbere ndetse no kubatagatifuza, kubahaza umukiro ndetse koko no kubinjiza ahatagatifu rwose mu rukundo rwanjye kugira ngo koko murusheho kuba ku ruhembe rw’ibyo mwaharaniye igihe cyose kandi koko murusheho guhabwa ingororano yanyu kuri buri wese kugira ngo koko urukundo rwanjye rukomeze kubigaragarizamo kandi rukomeze kubasendera ; nkomeje kubatagatifuza uko bwije n’uko bukeye koko no kurushaho kubateza intambwe mwakira urukundo rwanjye kandi koko mbaha kunezererwa mu bubasha bwanjye budasanzwe, bukomeza kubungabunga ibyiza byose nashyize muri mwe kandi koko bukomeza kuzuza amasezerano yanyu ku buryo buhamye.

Nimukomere ku rugamba kandi koko mukomeze mube intwari, mwakire byose mu rukundo rwanjye kandi munezezwe n’ijambo DATA akomeza kubagezaho buri munsi kuko ibikorwa bye byose bigomba kuzuzwa muri mwe kandi imirimo ye mitagatifu igakomeza gutagatifuzwa muri byose kandi koko igakomeza kuzurira mu buzima bwanyu igihe cyose, kuko ari cyo DATA yagennye kandi ari cyo yateguye umunsi ku wundi ari ko akomeza kugenda aburiza intera kandi ari ko koko akomeza kugenda abagezaho imirimo ye itangaje kandi koko igomba kubatagatifuza kuko akomeza kugenda abagaragarizamo byose kandi agakomeza kugenda abasendereza imbaraga ze zidasanzwe muri iki gihe.

Ndabakomeje kandi nkomeje koko kubaha  gukataza ndetse no kurushaho gutera intambwe musananira ibikorwa byacu bitagatifu kuko umunsi ku wundi nkomeza kugenda mbagaragarizamo ikuzo ryanjye kandi nkomeza kugenda mbagaragarizamo ububasha bwanjye na DATA budasanzwe kugira ngo iteka ryose muhore mwumva ko igihe murimo ari igihe gikomeye kandi ari igihe kidasanzwe kuri buri wese  kugira ngo tugaragaze byose kuko urukundo rwacu rugomba kwigaragaza kandi byose twabishyize ku mugaragaro kandi buri kimwe cyose kiri mu mwanya wacyo kugira ngo urukundo rwanjye na DATA rwigaragaze mu Isi kandi ububasha bwacu bukomeze gukomeza gukumira ikibi koko no kugaragaza byose ku mugaragaro muri iki gihe kidasanzwe kandi gikomeye, cyane cyane ibihe bikomereye utemera kandi ibihe bikomereye koko udashaka kwakira urukundo rwacu rutagatifu kuko ari igihe cyo gusendereza imbaraga zacu mu buryo budasanzwe kandi ari igihe cyo guhaza umukiro ibiremwa byose kugira ngo imbaraga zacu zikomeze kubaturamo kandi zikomeze kubasabagiramo ku buryo bugaragarira buri wese kugira ngo turusheho kubambika imbaraga ndetse no kubambika ubutwari bityo koko muhagarare mwemye kandi koko mukomeze guhagararira mu rukundo rwanjye na DATA muri iki gihe ku buryo bukomeye.

Nkomeje rero kubaha gukataza ndetse no kubaha koko kwambara imbaraga ndetse n’ubutwari, kuko nabakindikije ibyiza byose kandi koko nkabakindikiza ububasha bwanjye butagatifu kugira ngo iteka muhore mushyigikiwe kandi koko muhore murangajwe imbere mu bubasha bwanjye butagatifu kandi budasanzwe iteka ryose muri mwebwe kugira ngo nkomeze roho zanyu kandi nkomeze gususurutsa ubuzima bwanyu bwose, mbaha gutega amatwi kandi koko mbaha gutega ibiganza, mwakira umukiro wanjye kandi munezerezwa n’ububasha bwanjye na DATA nkomeza kubagaragarizamo igihe cyose ; nimukomere ku rugamba kandi murusheho kuba intwari mwakira ibyiza byacu bikomeye kandi bidasanzwe kugira ngo urumuri rwacu rukomeze kubamurikira kandi rukomeze kubasendera mu mbaraga z’agatangaza kandi mu byiza byose nkomeza kugenda nkorana namwe uko bikwiriye.

Mbahaye ubutwari bwanjye kandi mbahaye imbaraga zanjye muri iki gihe kugira ngo zibahe koko gushinga ibirindiro kandi mukomere, mwe mwebwe mwese mukomeje kugenda mudandabirana mu rugendo rwanyu, koko murusheho kongererwa imbaraga kandi koko murusheho kwakira ibyiza byacu bitagatifu kandi bidasanzwe ; nimufatane urunana muri iki gihe kuko iki gihe ari igihe gikomeye kandi ari igihe kidasanzwe cyo kugira ngo imbaraga zacu zibashe kwigaragaza mu bubasha bukomeye kandi koko mu bubasha bukomeza kugenda bugera kuri buri kiremwa cyose kugira ngo koko tubashe gucencura ndetse no kuyungurura byose, urukundo rwacu  rukomeze kwigaragaza mu Isi kandi koko rukomeze kugenda rusendera mu mitima yose kugira ngo benshi bakiriye umukiro wacu kandi benshi bakiriye ibikorwa byacu bitagatifu bidasanzwe muri mwe, bakomeze kwitagatifuza kandi bakomeze kuronka umukiro mutagatifu, kuko ibikorwa byanjye na DATA bidasanzwe kandi koko by’imirimo yacu kugira ngo abari intwari bose bagaragare kandi koko uwemeye kuba intwari mu mirimo yacu mitagatifu muri iyi Si kugira ngo koko arusheho guharanira ubutungane nyabwo kandi koko akomeze kwakira byose mu rukundo rwanjye kugira ngo koko abo natoje kandi abo nagabiye ibyiza byanjye bikomeye bakomeze koko guhagarara bemye nta kibakanga kandi nta kibasubiza inyuma.

Mbasendereje rero umukiro wanjye mutagatifu kandi mbasendereje imbaraga ku buryo budasanzwe kugira ngo mbarinde gucogora kandi mbarinde kudandabirana kuko igihe cyose mpora nganje muri mwe mbasendereza urukundo rwanjye kandi mbahaza umukiro mutagatifu ; ndi kumwe namwe kuri uyu munsi mu buryo budasanzwe mu buryo bw’urugamba kandi ku buryo bukomeye kugira ngo dukomeze gutsinda ikibi cyose, kandi dukomeze koko kunesha umwanzi aho ava akagera mu ijambo ryanjye rihindura byose kandi ritagatifuza Isi kandi rigatagatifuza buri kiremwa mu buryo bukomeye, kuko nkomeje kubatera imbaraga kandi nkabatera inkunga ndi Yezu Krsitu w’i Nazareti kugira ngo iteka ryose ijambo ryanjye rikomeze kumvikana muri mwe kandi umukiro wanjye mutagatifu ukomeze gusagamba mu buzima bwanyu igihe cyose.

Mbongereye imbaraga mu rugendo rwanyu kandi mbahagije umukiro wanjye mutagatifu kugira ngo iteka ryose muhore mufatanye urunana kugira ngo koko abadandabirana bose basubizwe imbaraga mu buzima bwabo, kandi koko mugire kuvugururirwa mu rugendo rwanyu rwa buri munsi kugira ngo murusheho gukataza mutera intambwe kandi koko murusheho gusanirwa ndetse no guhumuka amaso kuko nabahaye ingabo zo kubarinda ndetse no kubashyigikira, kubatera inkunga ndetse no kubagaragarizamo byose kuko iki gihe ari igihe cyo gushyira byose ku mugaragaro ndetse no kugaragaza ibikorwa byose twakoze mu Isi kugira ngo urukundo rwacu rukomeze kumvikana mu Isi yose ; niyo mpamvu mbateza intambwe buri munsi kandi nkaba nkomeje kugenda mbinjiza mu bikorwa bidasanzwe by’urukundo rwanjye na DATA kuko ibyo twateguye byose bigomba kuzuzwa kandi bigashyirwa ku mugaragaro kuko iki gihe ari igihe kidasanzwe kandi ari igihe gikomeye kugira ngo buri muntu wese arusheho koko gushikama ku cyo yemera kandi koko buri muntu wese arusheho gukomera mu rukundo rwanjye na DATA kugira ngo dukomeze gutera inkunga urugendo rwanyu rwa buri munsi kandi dukomeze gutera inkunga ibiremwa byose, tubihaza umukiro mutagatifu kandi tubihaza ibyiza bidasanzwe.

Nimwakire gutona kandi mwakire gukomera iteka ryose koko muhore mushinze ibirindiro kandi koko mutere intambwe mushingura, mwakira ibikorwa byacu bitagatifu kuko DATA akomeje kugenda abateza intambwe kandi akomeje kugenda abazamura ku musozi we mutagatifu kugira ngo arusheho gukomeza kubereka ibyiza by’urukundo rwe kandi koko arusheho kubereka ibyiza by’uruhanga rwe rutagatifu kuko iteka ryose biganje muri mwe kandi yabagaragarije urukundo rwe rukomeye kandi rudasanzwe ; nimuzirikane ko iki gihe rero ari igihe gikomeye kandi ari igihe kidasanzwe cyo kugira ngo Sekibi atsindwe kandi ibikorwa byacu mu Isi bikomeze kwigaragaza kandi tumugaragarize ko nta na hamwe agifite uburenganzira kandi agifite ububasha ; niyo mpamvu iki gihe koko ari igihe cyo kurwana urugamba rweruye kandi koko urugamba rwe rwo ku mugaragaro kugira ngo byose bishyirwe mu bikorwa kandi byose bishyirwe mu ngiro ; niyo mpamvu tugiye kugaragaza byose ku buryo budasanzwe kugira ngo imbaraga zacu zikomeze kumvikana mu Isi kandi ububasha bwacu koko butagatifu bugire guhindura byose kuko twamanuye ingabo zikomeye kandi koko zigomba gusigasira byose kugira ngo urukundo rwacu rukomeze kwigaragaza mu Isi kandi koko rukomeze gusendera mu mitima y’ibiremwa kugira ngo bitere benshi guhinduka ndetse no gukanguka kugira ngo barusheho kwakira ibikorwa byacu bitagatifu ; erega ndaganje muri mwe kuri buri wese, abemera ndetse n’abatemera kuko mwese muri mu biganza byanjye kandi mwese mfite kubatagatifuza kandi nkabasukura, bityo roho zanyu nazo zigacya kandi zikakira ibikorwa bya DATA bitagatifu kandi koko zikakira imirimo yacu idasanzwe muri iki gihe kugira ngo urumuri rwacu rukomeze kubaboneshereza kandi koko rukomeze kubamurikira mu rugendo rwanyu.

Nimugire kuba maso kuri buri wese ku buryo budasanzwe kandi koko mukomeze mwakire imbaraga koko igihe cyose mpora mbahumura amaso kandi mbatagatifuza, nkabaha gutega amatwi kugira ngo murusheho kubona icyerekezo cy’ibikorwa byacu bitagatifu kandi buri muntu wese koko arusheho kumva icyo tumushakaho ndetse n’icyo twifuza mu Isi yose muri iki gihe ; mbakomereje intambwe rero kandi mbakomereje ubuzima, nimugire kubaho muganje muri jye kandi koko nimugire kubaho muganje mu rukundo rwanjye na DATA kuko iteka ryose nabakungahaje kandi nkabateza intambwe ku buryo bukomeye kugira ngo iteka ryose mwumve imbaraga zacu kandi mwumve ububasha bwacu butagatifu ; nimuzirikane ko mutubereyeho kandi koko mubereyeho urukundo rwanjye na DATA kandi koko mubereyeho Isi yose kugira ngo muyitagatifuze kandi muyisukure kuko nabasendereje imbaraga kandi nkabasendereza ububasha bwacu butagatifu mu mirimo yanyu ndetse n’ibikorwa byanyu bya buri munsi kugira ngo bibe ibigabira Isi yose amahoro kandi bibe ibibungabunga ubuzima bwa buri kiremwa kugira ngo roho zanyu zibashe gutagatifuzwa kandi koko zibashe gusenderezwa umukiro mutagatifu.

Nimukomere rero kandi mwakire imbaraga, iteka ryose mwebwe mwese mudandabirana musubizwe ubuzima kandi mwongererwe imbaraga mu rugendo rwanyu kugira ngo mukomere ku rugamba kandi mushinge mukomere kugira ngo iteka ryose muhore mwambariye urugamba kandi mukenyere mukomeze kuri buri wese kuko iki gihe ari igihe kidasanzwe kandi ari igihe cyo kurwanya umwanzi ku mugaragaro, kuko imbaraga zacu ntagatifu zigomba kwigaragaza mu Isi kandi zigasendera mu mitima y’ibiremwa byose, benshi bagahabwa umukiro kandi benshi bagahabwa ububasha butagatifu  kugira ngo bakomere kandi barusheho kwakira ibyiza bidasanzwe ; nimukomere rero ku rugamba kandi murusheho kuba intwari kuko nabatoje byose kandi nkabereka inzira, byose nkabyegurira mu biganza byanyu kugira ngo iteka ryose muhore mwumva ko mbashyigikiye kandi ko mbarangaje imbere ku buryo bukomeye ; niyo mpamvu iteka ryose ubuzima bwanyu bwose buri mu biganza byanjye, ngomba kubatagatifuza kandi nkabarinda, nkabashyigikira kandi nkabakomeza ku bw’ urukundo DATA yabakunze ndetse n’imbaraga zose dukomeza kubagaragarizamo.

Iki gihe ni igihe gikomeye kandi koko ni igihe kidasanzwe kandi koko urukundo rwa DATA rwigaragaze kandi imbaraga zacu nk’Ijuru ryose zibashe gusendera mu Isi yose kandi zibashe gusendera mu biremwa kugira ngo umukiro DATA yashatse kandi ijambo ryose dufite mu Isi yose ribashe kumvikana kandi ribashe kugera ku biremwa byose ; niyo mpamvu nta n’umwe uzagira aho ahungira ibikorwa byacu bitagatifu kuko imbaraga zacu zose twamaze kuzisendereza mu Isi kandi twabatagatifuje tukabahaza umukiro kandi tukabahaza ibyiza byose ; nimukomere ku rugamba kugira ngo uyu munsi dukore imirimo ikomeye kandi imirimo idasanzwe yo kugaragaza byose ku mugaragaro ndetse no gukomeza kuzuza byose kugira ngo koko imbaraga zacu zikomeze kubigaragarizamo.

Nimukomere kuko nabagabiye intwaro zikomeye kandi koko nkabaha kwikingira ndetse no gutsinda ikibi cyose mu isengesho ritagatifu kuko ari ryo rizabaha gutsinda kandi ari yo ntwaro nabagabiye kugira ngo iteka ryose muhore mwakira urukundo rwanjye kandi koko muhore munejejwe n’ibikorwa byacu bigomba gutsinda byose kandi bigatsinda ibitero byose bya Sekibi muri iki gihe, bityo urumuri rwacu rugakomeza kubacanirwa kandi koko rugakomeza kubamurikira ; nimwishyire mu rumuri rwanjye rutagatifu kandi koko mwishyire mu mbaraga zanjye zidasanzwe kugira ngo ubuzima bwanyu bwose mubwegurire mu biganza byanjye na DATA kugira ngo iteka ryose mukomeze gusenderezwa umukiro kandi koko mukomeze kurindwa n’imbaraga zikomeye kandi zidasanzwe muri iki gihe.

Ndabashyigikiye ntore zanjye na DATA kandi nkomeje gukomeza roho zanyu ndetse n’imibiri yanyu kugira ngo iteka ryose muhore mwakira ibikorwa byacu bitagatifu kandi mwakire imirimo yacu idasanzwe mu buzima bwanyu ; mbifurije rero kugubwa neza, gukomera ndetse no kurushaho gutagatifuzwa, muhabwa ibyiza by’umukiro wacu mutagatifu kandi muhabwa ibyiza by’imbaraga zacu zidasanzwe mu buzima bwanyu ; nimwakire urukundo rwanjye ruhamye kandi rwuzuye bityo rubatere koko gusagamba ndetse no kwishimira byose mu buzima bwanyu kugira ngo buri muntu wese koko arusheho guca bugufi yakira urukundo rwanjye kandi yakira imbaraga zanjye zikomeye kandi zidasanzwe zikomeza kubungabunga ubuzima bwanyu kandi zigakomeza gutagatifuza roho zanyu ku buryo bwuzuye.

Ndabakunda biremwa byanjye na DATA kandi muryango mutagatifu wanjye na DATA, mbifurije umunsi mwiza, nimugire ubutwari muri byose kandi koko muhagarare nk’intwari zatojwe kuko iteka ryose nabasendereje byose kandi nkabibagabira ; nimugire kuba nk’abana batoya mu buzima bwanyu, bityo iteka ryose urukundo rwanjye rubigaragarizemo kandi mugire urukundo ruhamye kugira ngo koko mukomeze abacitse intege kandi koko mwongerere imbaraga mu rugendo abadandabirana kugira ngo bose koko basubizwe imbaraga kandi basubizwe ubuzima kugira ngo batere intambwe bakataje kandi bakire ibikorwa byacu bitagatifu ku buryo bukomeye ; niyo mpamvu iki gihe ari igihe kidasanzwe kugira ngo Sekibi koko akurwe mu nzira kandi ibikorwa byacu bitagatifu koko bibashe kumvikana muri mwe.

Nimube maso kandi mwambaze kugira ngo iteka ryose mutsinde ikibi cyose kandi mutsinde amoshya yose y’umwanzi kugira ngo urukundo rwacu rukomeze gutura muri mwe kandi rukomeze kubigaragarizamo ; nimukomere ku rugamba kuko mbakomeje kandi nkaba nje kubatsindira ku buryo bukomeye kandi ku buryo budasanzwe kandi nkaba ndi kumwe namwe ku buryo bw’umugaragaro, bityo iteka ryose nkomeze kubatagatifuza ndetse no kubagaragarizamo imirimo yanjye na DATA ikomeye kandi itangaje mu Isi yose.

Nimugire ubutwari kandi mugire imbaraga zibakomeza kandi zibatagatifuza kugira ngo mukomeze gutega amatwi mwakira ibyiza by’urukundo rwanjye kandi mwakira ibyiza by’ijambo ryanjye ritagatifu, kuko nabakunze kandi nkabakungahaza muri byose, nkabahaza umukiro kandi nkabahaza imbaraga, nkabasendereza ububasha butagatifu kandi nkabasendereza ibikorwa byanjye mu buzima bwanyu.

Nimugire kwiyegurira ubuzima bwanyu bwose kugira ngo byose mubyegurire mu biganza byanjye na DATA muri iki gihe kuko iki gihe ari igihe gikomeye kandi uko tugenda tubinjiza mu bihe bikomeye ari ko tugenda tubasendereza imbaraga buri gihe kandi ari ko tugenda tubatagatifuza kugira ngo murusheho kwakira ububasha bwacu butagatifu bw’icyo tugezemo kandi koko tugeze muri iki gihe kugira ngo byose bigaragarire muri mwe kandi byose bisendere mu buzima bwanyu ; niyo mpamvu ari igihe cyo gushyira buri wese ku mugaragaro kugira ngo icyo twamutoreje kandi koko icyo twamuhamagariye cyose kibashe gukorwa kuri buri wese kandi koko kibashe gushyirwa mu ngiro kuko nabakungahaje kandi buri muntu wese nkamugenera ikimukwiriye ; niyo mpamvu ibyo navuze byose ngomba kubisohoza kandi nkabyuzuza ku buryo bw’umugaragaro kandi ku buryo buhamye.

Nimube maso kandi koko mwambare mwikwije kuri buri wese bityo mukomeze gutega amatwi kandi mwakire ibyiza by’urukundo rwacu rutagatifu kuko tugiye gushyira byose ku mugaragaro kuri buri kiremwa kandi ku bo twageneye umukiro kugira ngo abo twakiriye bose kandi abo twatsindishije tukabagaragarizamo ibikorwa byacu bitagatifu kandi koko tukababitsa amabanga yacu ku buryo budasanzwe, byose tugiye gushyira ku mugaragaro kandi kugira ngo Isi yose itsindwe kandi ibikorwa byacu birusheho koko kumvikana mu Isi yose, twimakaze ibikorwa bidasanzwe kandi dukore imirimo ikomeye kandi itangaje mu Isi yose.

Mbifurije umunsi mwiza, nimwakire imbaraga kandi mwakire ubutwari kuko nkomeje kubarangaza imbere kuri uyu munsi ku buryo budasanzwe kandi dukomeje kugendana ku buryo bwo gutsinda ikibi cyose ndetse no kurwana urugamba kugira ngo iteka ryose dukore imirimo ikomeye kandi imirimo itangaje ; ndi kumwe namwe nshuti zanjye kandi ntore DATA kuko nkomeje kubagaragira ndetse no kubarinda ndetse no gushyigikira ubuzima bwanyu bwa buri munsi.

AMAHORO, AMAHORO, NIMWAKIRE IMBARAGA ZANJYE KANDI MWAKIRE UMUGISHA WANJYE, NDABAKUNDA KANDI NDABASHYIGIKIYE KURI BURI WESE, NDI YEZU KRISTU W’I NAZARETI, AMAHORO, AMAHORO !!!

By MONAKI

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *