UBUTUMWA BWA MUTAGATIFU MARITA, TARIKI YA 15 GASHYANTARE 2024

Nimwakire imbaraga no gukomera ntore za DATA dushyigikiye kandi dukomeje kubakomeza mu byiza bya DATA by’agatangaza kugira ngo dukomeze kugendana, kuko Uhoraho Imana yabashyize mu bwatsi bwe kugira ngo mukomeze gusakaza hose imbaraga ze kandi mukomeze gusakazwaho urukundo rwe rutagereranywa ; nimwakire kugubwa neza muri uyu mwanya kandi mwakire ibyishimo bisendereye kuko turi kumwe namwe kugira ngo dukomeze gukorana imirimo ikomeye kandi dukomeze kugamburuza ibikorwa byose by’umwanzi kuko tuje kubashyigikira kuri uyu munsi kandi tuje kubashyigikira muri uyu mwanya kugira ngo dukomeze kubongerera imbaraga kandi dukomeze kubongerera ubutwari bityo dukomeze kugendana ku rugamba kandi dukomeze kuzuza hose no gusakaza hose ugushaka kwa DATA kudatsindwa kandi kutavogerwa.

Murashyigikiwe kandi dukomeje kubaha uburinzi bwacu bukomeye kugira ngo tugendane mu bikorwa by’urugamba kandi mu gukomeza guhashya umwanzi hose kuko ari igihe cyo kugamburuza ibitero bye byose kandi ari igihe cyo kugamburuza imbaraga ze kuko DATA akomeje kururutsa ububasha bwe bukomeye kandi uyu mwanya tuje kubambika imbaraga ze z’agatangaza kugira ngo dukomeze gukorana imirimo ikomeye bityo urugamba dukomeze kururwana inkundura kandi dukomeze kururwana tubageza ku mutsindo ; murashyigikiwe rero kandi murangajwe imbere n’ingabo zikomeye kuko turi kumwe namwe mu bikorwa bidasanzwe muri uyu munsi kandi turi kumwe namwe mu nteguro ikomeye y’Umuremyi wa byose kugira ngo dukomeze gusakaza imbaraga mu Isi kandi dukomeze kuvugurura byose mu Isi kuko DATA akomeje kubagabira urukundo kandi akomeje kubagabira icyizere gikomeye kugira ngo akomeze gukorera imirimo ikomeye rwagati muri mwe ; murashyigikiwe mu mbaraga zikomeye kandi murubatswe mu bubasha bukomeye bwa DATA, niyo mpamvu dukomeje kuza kugaragaza imbaraga zacu z’umutsindo kandi tuzamuranye namwe ibendera muri uyu mwanya kugira ngo umunara w’ibikorwa byacu ukomeze kwigaragariza abahinyuza kandi abapfobya imikorere ya DATA muri iki gihe.

Ntore za DATA nimukomere ku rugamba kandi muhinde byose kugira ngo tugendane bityo mukomeze gufunga kandi mukomeze kurinda kugira ngo imbaraga zacu zigomba kumvikana mu Isi yose kandi umuvuduko w’ibikorwa byacu bigomba kugaragara mu Isi dukomeze kugendana kandi dukomeze gukorana imirimo ikomeye kuko nje kubakomeza kandi nje kubashyira ku murongo neza muri uyu munsi kandi muri uyu mwanya kugira ngo tugendane mu bikorwa bidasanzwe kandi tuvuguruze imigambi yose y’umwanzi ; murongowe na Kristu Nyagasani kandi mwahawe imbaraga mu bwami bwe na DATA kugira ngo dukomeze gukorana imirimo ikomeye mu Isi yose kandi dukomeze kubagaragariza imbaraga zidatsindwa, mu bubasha bugomba guhinyuza kandi mu bubasha bugomba guhirika ibikorwa byose by’umwanzi.

Nimukomere kuko turi kumwe kandi nimwubakike kuko dukomeje kububaka kandi dukomeje kubagwiriza amaboko kugira ngo duhashye imigambi y’umwanzi kandi dukomeze kugendana mu bikorwa by’urugamba kuko uyu munsi ari umunsi ukomeye w’ibikorwa bya DATA kandi ari umunsi ukomeye w’ububasha bwa DATA bugomba gukiranura byose kandi bugomba gutangaza byose kugira ngo Uhoraho Imana akomeze kwihesha ikuzo mu bamwiringira kandi mu bamukurikiye ; namwe rero muri mu bamuyobotse kandi muri mu bamurangamiye, niyo mpamvu dukomeje kugendana namwe kandi dukomeje gukorana imirimo ikomeye kugira ngo integuro ya DATA ikomeze kumvikana muri mwe kuko turi ku butaka kugira ngo dukomeze guhashya kandi dukomeze kugamburuza imigambi yose y’umwanzi kuko hari byinshi tugomba kudurumbanya muri uyu munsi kandi tugomba gukura mu byimbo kugira ngo umutsindo wa DATA ukomeze kwigaragaza kandi utungukire aho Mwene Muntu atakekaga ; nimukomere turi kumwe namwe mu bikorwa by’urugamba kandi turi kumwe namwe mu bubasha busendereye kandi mu bubasha bwuzuye kugira ngo integuro ya DATA ikomeze kuzuzwa kandi ibyiza bye by’agatangaza birusheho kumvikana kandi birusheho kwigaragariza bose kandi kumenyekana muri bose.

Mbifurije umunsi mwiza biremwa bya DATA kandi bavandimwe bana banjye nkunda, nimukomere ku rugamba kuko twabazigamye ibyiza kandi tukabahisha ahakomeye, aho Isi itababona kandi aho Isi itabavogera kuko hari aho mwashyizwe kugira ngo mwuzuze ugushaka kwa DATA kandi mugaragaze ibikorwa bye bikomeye, ari yo mpamvu nkomeje kubatoza kandi nkomeje kubategura mu buryo buhoraho kandi mu buryo bwuzuye kugira ngo icyo DATA yifuza gukora mu Isi yose gikomeze kunogerezwa muri mwe kandi gikomeze kuzurizwa muri mwe, hari byinshi rero mugomba gusigasira kandi hari byinshi mugomba gusakaza mu Isi yose kuko mwabikijwe ubukungu bukomeye kandi mukagirwa abanyamabanga beza b’ibikorwa by’Ijuru, niyo mpamvu dukomeje kubasa kwitwararika kandi dukomeje kubacungira umutekano kugira ngo tugendane kuri buri kimwe cyose kandi dukorane imirimo ikomeye bityo integuro ya DATA igomba kuzuzwa kandi urukundo rwe rugomba gusakara mu mitima y’abakomeje kunangira kandi mu mitima y’abakomeje kwihagararaho kugira ngo mukomeze kurugaragaza kandi mukomeze kurusakaza kuko uyu munsi ari umunsi wo guca inzira aho zitari kandi ari umunsi wo kugaragaza ububasha bwacu butavogerwa kandi ububasha bwacu budakumirwa.

Ndabashyigikiye rero mu rukundo ruhoraho rwa DATA kandi ndabakomeje mu mbaraga ze z’agatangaza kuko nkomeje kubakingira kandi nkomeje kubarinda ikibi cyose cy’umwanzi kandi nkomeje kukibavutsa kugira ngo mukomeze gushyigikira icyiza kandi mukomeze gukomeza icyiza DATA yabahaye kandi yabahundagajeho, bityo integuro ya DATA ikomeze kuzuzwa kandi ikomeze kugerwaho mu buryo bwose ; nimwakire gukomera kuko mpaye buri wese intwaro kugira ngo tugendane ku rugamba kandi ukuri n’ubutabera bya DATA bikomeze kubagenda imbere kugira ngo dukorane imirimo ikomeye kandi tugamburuze ikibi cyose cy’umwanzi kuko mwakimenye kandi mukakimenyeshwa kugira ngo mukirinde kandi mukigendere kure ; nkomeje rero kubana namwe nk’umutoza wanyu mu kuyoboka DATA kandi mu kumutunganira mu butungane bushyitse kandi bwuzuye kuko hari byinshi tugomba kuyungurura kandi hari byinshi tugomba kuzuza kugira ngo urumuri rw’Ubutatu Butagatifu rukomeze kururukira mu mitima y’abari mu Isi kandi rukomeze kururukira muri mwe kugira ngo rusakare mu Isi yose ; hari byinshi rero tugomba gukora kandi hari byinshi tugomba guhindura kugira ngo ugushaka kwa DATA gukomeze kumvikana kandi gukomeze kwigaragariza Isi yose kandi kwigaragariza buri kiremwa cyose kuko uyu munsi atari imfabusa kandi uyu munsi ari umunsi w’ibikorwa bikomeye by’Umusumbabyose, ari yo mpamvu dukomeje kubambika imbaraga kandi dukomeje kubakwiza kugira ngo umwanzi nababona yihinde, kuko icyo mwashyiriweho ari cyo kigomba guhabwa agaciro kandi kigomba kuzuzwa ndetse no kuramira Isi yose, mu buryo butavogerwa kandi mu buryo butagamburuzwa.

Roho zanyu rero nizikomeze kwiyubaka kandi nizirusheho gukomera kuko hari byinshi dukomeje gukora kandi dukomeje kuzuza mu Isi kugira ngo dukangaranye ibitero byose by’umwanzi kandi dukangaranye imbaraga zose z’umwanzi kuko hari byinshi dukorera muri mwe kandi hari byinshi twuzuza bityo umwanzi akihinda kandi agahunga maze ibikorwa byacu akabigendera kure ; nkomeje rero kubakomeza kuko mpari kugira ngo tugendane mu rugamba kandi dukomeze kurwanira ibyiza by’ingoma ya DATA, bityo ukuri kwa Kristu Nyagasani gukomeze gutsinda kandi gukomeze kuvugurura byose ndetse no guhindukiza benshi mu rukundo.

Mbifurije umunsi mwiza, ibihe byiza, kugubwa neza, ndabashyigikiye mu mbaraga n’urukundo kandi ndi kumwe namwe kugira ngo dukomeze kurwana urugamba kandi dukomeze gutsemba ikibi cyose cy’umwanzi, bityo mutahukane iminyago kuri roho nyamwinshi kandi mwereke benshi inzira mu rukundo rwa DATA kuko uyu munsi hari byinshi tugomba gukorana namwe kandi hari imbaraga zikomeye tugomba gutangariza muri mwe kandi tugomba kubasakazaho kugira ngo integuro ya DATA ikomeze kuzuzwa kandi ikomeze kugera ku musozo.

Mbifurije ibihe byiza, kugubwa neza, nimukomere mu kimenyetso cy’ugushaka kwa DATA kandi nimukomere mu kimenyetso cy’ubuziranenge bwa DATA, kuko turi kumwe namwe kugira ngo tugaragaze imbaraga zikomeye kandi twumvikanishe ububasha bwacu bugomba gutsinda byose mu Isi yose.

Amahoro ntore za DATA, bana banjye nkunda, ndabakomeje mu byishimo kandi mbahurije hamwe kugira ngo dukorane imirimo ikomeye kandi turwane urugamba inkundura, bityo ibikorwa byacu bikomeze kwigaragaza kandi bikomeze gufungura byinshi mu Isi yose, maze benshi babohorwe n’urukundo rwacu kandi babohorwe n’ubwitange bwanyu buhoraho.

Amahoro kuri buri wese, ibihe byiza, kugubwa neza, mbafunguriye imiryango kugira ngo dukorane ibikorwa bikomeye muri uyu munsi, mu mbaraga zikomeye kandi mu mbaraga zigamburuza imigambi yose y’umwanzi ; amahoro kuri buri wese, ibihe byiza, kugubwa neza, ukuboko kwanjye kubari imbere kugira ngo mpangamure imigambi yose y’umwanzi kandi mburizemo ibikorwa byose by’umwanzi, bityo mutambukane ububasha DATA akomeje kubagabira muri uyu munsi kugira ngo bugere kuri bose mu Isi.

AMAHORO, AMAHORO, IBIHE BYIZA, KUGUBWA NEZA, IBIKORWA BIHIRE, TURI KUMWE NTORE ZA DATA, BAVANDIMWE BANJYE NKUNDA, NDI MUTAGATIFU MARITA, AMAHORO, AMAHORO !

By MONAKI

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *