UBUTUMWA BWA YEZU KRISTU, TARIKI YA 03 WERURWE 2024

Mbakomereje intambwe ntore zanjye na DATA kandi biremwa byanjye nkunda, mbifurije umunsi mwiza kuri buri wese kandi mbifurije guhazwa ibyiza by’ububasha bwanjye butagatifu kugira ngo bikomeze gutura muri mwe, kandi bikomeze kubasendereza imbaraga z’agatangaza mbagabira kandi mbasendereza uko bwije n’uko bukeye ; mbahagije ibyiza by’urukundo rwanjye rutagatifu kandi nkomeje kubasendereza imbaraga z’agatangaza, kugira ngo ibikorwa byanyu bikomeze kugaragarira muri mwe kandi mukomeze gusenderezwa imbaraga zikomeye kugira ngo iteka ryose mukomeze kuyoborwa n’urukundo rwanjye kandi mukomeze gusigasirwa n’ububasha bwanjye butagatifu ; mbakomereje intambwe kandi nkomeje kubateza intambwe umunsi ku wundi kuko nkomeje kubakoreramo imirimo yanjye mbagaragariza ibikorwa byacu bitagatifu na DATA, kandi mbasendereza umukiro wanjye udasanzwe nkomeza kugaragariza mu buzima bwanyu igihe cyose.

Mbashyigikishirije intambwe zanjye kandi mbashyigikirishirije ububasha bwanjye butagatifu, nimutekanire mu rukundo rwanjye kandi mukomeze kwizihirwa mu bubasha bwanjye butagatifu kuko nkomeje kubakomeza, kandi nkomeje kubahunda ibyiza byose mwifuza muri uru rugendo kugira ngo mukomere kandi mukomeze gusenderezwa imbaraga ; mbarangaje imbere kandi mbakomereje intambwe ku buryo bukomeye, nimukomeze kwakira ibyiza by’ububasha bwanjye butagatifu kandi mukomeze kwakira ibyiza by’urukundo rwanjye, kuko ndi kumwe namwe ku rugamba kandi nkaba nkomeje kubatagatifuza ndetse no kubahaza ibyiza bidasanzwe, bikomeza kubungabunga ubuzima bwanyu kandi bikomeza kubahaza ibyiza byose mwifuza kandi mukeneye, kugira ngo mukomerezwe intambwe kandi mukomeze muhazwe ibyiza by’ububasha bwanjye butagatifu ; mbarangaje imbere ku buryo budasanzwe kuri uyu munsi kandi nkomeje intambwe zanyu ku buryo budasanzwe, maze iteka ryose nkomeze kwifatikanya namwe mu bikorwa byacu na DATA kuri uyu munsi kandi koko dukomeze gukora ibikorwa bye bikomeye kandi bidasanzwe, tugaragariza Isi yose ububasha bwacu butagatifu kandi dusendereza imbaraga zacu zikomeye kandi zidasanzwe abateze ibiganza bakeneye kwakira umukiro wacu kandi bakeneye kunezezwa n’ibyiza bikomeye kandi DATA akomeza kugenda asendereza mu Isi yose ; ndi kumwe namwe ku buryo bukomeye kandi koko ndi kumwe namwe ku buryo bw’imbaraga zanjye zose nagaragaje mu buzima bwanyu kandi nkomeje kubahaza kugira ngo iteka ryose mukomeze kumva ko mbashyigikikiye kandi ko mutari mwenyine, ahubwo iteka ryose ko nkomeje kubashyigikishiriza ububasha bwanjye butagatifu, ndaganje ndi hagati muri mwe, ndi Yezu Kristu w’i Nazareti, kugira ngo nkomeze kubahaza umukiro wanjye mutagatifu kandi nkomeze kubahaza ibyiza by’ububasha bwanjye, ntahwema kubagaragarizamo kandi ntahwema kubasendereza igihe cyose.

Mbasendereje ubutwari bwanjye butagatifu kandi mbahaye urukundo rwuzuye kandi rusesuye kuri buri wese, nimugire ubuzima buzima kandi mugire gukataza mu mbaraga z’agatangaza ndetse no mu byiza byose ntahwema kubagabira, kuko ndushaho kubahaza umukiro wanjye kandi ndushaho kubahaza imbaraga zikomeye, zikomeza gusigasira ubuzima bwanyu kandi zigakomeza intambwe zanyu, mwebwe mwese muteze ibiganza mukeneye kwakira umukiro wanjye mutagatifu ; ndi gukorera muri mwebwe ibikorwa bikomeye kandi ndi gukora imirimo idasanzwe kuri uyu munsi kugira ngo iteka ryose ibikorwa byose by’umwanzi birusheho kuburizwamo kandi turusheho kugaragaza ikuzo ryacu ritagatifu, ndetse n’ububasha bwacu budasanzwe kugira ngo iteka ryose urugamba dukora umunsi ku wundi kandi ibyo tugomba gukura mu nzira byose bikurwe mu nzira kandi bivanweho bwangu, bityo urumuri rwacu rukomeze kuboneshereza abateze ibiganza kandi koko abakeneye umukiro bose tubasendereze kandi tubagabire kuri uyu munsi.

Mbahaye ubuzima buzima kandi koko mbahaye kunezererwa mu byiza byanjye kuko nkomeje intambwe zanyu kandi nkaba nkomeje kuvugurura ubuzima bwanyu iteka ryose kugira ngo mukomeze kwizihirwa kandi mukomeze guhora mufite inyota y’icyiza, cyane cyane icyo nkomeza kugenda mbasendereza, kuko naje kubatagatifuza ndetse no kubateza intambwe, kubagabira umukiro ndetse no kubagabira ibyiza byuzuye kandi bisendereye, kugira ngo ubuzima bwanyu koko bukomeze kuba mu biganza byanjye kandi koko ibyanjye byose mukomeze kubinyegurira kugira ngo koko nkomeze kubakomeza,  iteka ryose mukomeze kwizihirwa n’ububasha butagatifu bwa DATA kandi ijambo rye rikomeze rikwire mu buzima bwanyu ; nimukomeze mwenyegeze kandi mukomeze mwakire ibyiza by’urukundo rwanjye kugira ngo koko mukomeze kugaragirwa n’ijambo ryanjye ritagatifu, ribakomeza kandi rikabaha gushishoza kandi mugatera intambwe mukataje.

Mbasendereje imbaraga zikomeye kandi koko mbongereye ubutwari kugira ngo mukomeze kwiyumvamo ibyiza byose kandi mukomeze kunezerezwa n’ibyiza mbasendereza kandi mbagabira, kuko iteka ryose mpora nyoboye ubuzima bwanyu kandi mpora mbarangaje imbere ku murimo nabahamagariye na DATA, kandi ku cyo tubifuzaho umunsi ku wundi, kuko turimo kuzahura ndetse no gutabara ibiremwa byose, kugira ngo benshi bakomeze kwakira umukiro wacu mutagatifu cyane cyane mu kuruhura imitima ndetse no kugarura ubumuntu buzima muri Mwene Muntu ndetse n’ubuzima bwuzuye mu Isi yose kugira ngo benshi bakomeze kugira ubuzima nyabwo kandi koko benshi bakomeze kugenda bakira ibyiza by’urukundo rwacu rutagatifu ; niyo mpamvu turimo kugaba ibyiza byose bidasanzwe mu Isi ndetse no guhagarika ibikorwa byose by’umwanzi, kugira ngo abo Sekibi aba yigabije umunsi ku wundi kandi ibyo akomeza kugenda akora mu Isi yose, cyane cyane abo akomeza kugenda akoreramo uko bwije n’uko bukeye kugira ngo babuze abandi amahoro kandi bateze imyivumbagatanyo ndetse n’imidugararo mu Isi yose, mu mbaraga zacu zikomeye kandi mu bubasha bwacu budasanzwe tugakura byose mu nzira kandi tugahagarika imivumba yose ya Sekibi kugira ngo urukundo rwacu rukomeze kugenda rugaragara mu Isi, kandi dukomeze kugeza ku mutsindo abo twatagatifuje kandi koko tukabatoza inzira kandi tukabereka icyo bagomba gukora n’icyo bagomba kuzirikana umunsi ku wundi ; niyo mpamvu nabeguriye byose kandi nkabishyira mu biganza byanyu, bityo iteka ryose mugakomeza kwizihirwa n’icyo mbashakaho kandi mbagabira buri munsi.

Nimukomeze mube intwari kandi mukomeze murwane urugamba inkundura muzirikana iteka ryose ko mpora nganje muri mwe, kandi ko mbakomeza isaha ku isaha kandi koko ngahora mvugurura ubuzima bwanyu ; mbambitse imbaraga zanjye kandi mbateye ubutwari bwanjye kugira ngo iteka ryose munkurikire kandi murangamire ijambo ryanjye, nimuhagarare mu rukundo rwanjye rutagatifu kandi muhagarare mu kwemera gutagatifu kugira ngo iteka ryose mukomeze kumva ko ijambo ryanjye rituye muri mwe kandi mukomeze kwishimira ibyiza byose nkomeza kugenda ngaragariza mu buzima bwanyu, bityo iteka ryose, muryango mutagatifu wanjye na DATA, nimukomere kandi mugubwe neza, kuko ibikorwa byose nkomeza kugenda nkorera muri mwebwe ari agatangaza kandi tukaba turi mu gihe gikomeye kandi kidasanzwe mu biremwa byose, kugira ngo urangara kandi ureba ku ruhande wese, bityo ikibi cy’umwanzi kikamwinjirira kandi ikibi cy’umwanzi koko kikamugeraho, kandi mubo natagatifuje neretse inzira y’icyiza nkabashyigikira kandi nkabarinda ; niyo mpamvu mpora iteka ryose mbakolotiriye kandi nkabagaragazamo ibyiza byanjye bikomeye ; niyo mpamvu turimo kugenda dukumira ibitero byose by’umwanzi ndetse no kugarira ibikorwa bye bibi byose ashaka gukorera mu Isi yose kugira ngo imbaraga zacu zikomeze kwigaragaza  kandi zikomeze gusendera mu bateze ibiganza ; turi ku rugamba rwo kurwanirira benshi kandi turi ku rugamba rwo  kurebera benshi birangariye kandi barangariye mu by’Isi mu buryo butandukanye kugira ngo Sekibi ibyo yateganyije kandi ibyo ahora apanga umunsi ku wundi koko arusheho kubona ko turi hejuru mu bikorwa byacu bitagatifu kandi arusheho kubona ko duhora turinze kandi dukura ikibi cyose mu nzira kugira ngo Mwene Muntu atekanire mu byiza twamugeneye kandi twamuteguriye ; ni igihe rero cyo gutsinda ndetse no kwakira imbaraga mu buryo bukomeye kugira ngo umukiro wanjye na DATA ukomeze kubaturamo kandi ukomeze kubigaragarizamo bityo abo natonesheje nkabagabira ibyiza byanjye kandi nkabasendereza imbaraga z’agatangaza, bityo bagakomera kandi bagahazawa ububasha bwanjye butagatifu.

Nimukomeze kuzirikana iteka ryose ko nganje muri mwe kandi ko naje kubatagatifuza, kubayobora ndetse no kubarangaza imbere kugira ngo iteka ryose mukomeze kumva imbaraga zanjye muri mwe kandi mukomeze kumva ububasha bwanjye na DATA mu buzima bwanyu iteka ryose ; mbakomereje intambwe kandi mbakomereje amaboko, nimugire imbaraga muri byose kandi mukomeze kugira ubutwari, bityo mukomeze gutwarana kuko nabatoje icyiza kandi nkabereka inzira y’ubutungane kugira ngo buri muntu wese akomeze kwakira ibyiza byose mugabira kandi musendereza uko bwije n’uko bukeye.

Mbategeye ibiganza kuri buri wese, nimukomere kuko ndi kumwe namwe nshuti zanjye kandi bavandimwe kuko nkomeje kubarangaza imbere, mbahaza umukiro wanjye mutagatifu kugira ngo Isi yose irusheho kumenya koko umukiro wanjye na DATA, kandi irusheho kumenya koko ibikorwa byacu bitagatifu dukomeza kuganziza mu Isi, kandi dukomeza kugenda twuzuza uko twabitangiye kandi uko dushaka kugeza kuri buri wese umukiro wacu mutagatifu ; nimukomeze mubere maso benshi kandi mukomeze mube maso kugira ngo iteka ryose ibikorwa byacu bikomeze kwigaragaza, kandi dukomeze gusendereza umukiro wacu mutagatifu twatangije kandi twasendereje mu Isi, kugira ngo dukomeze kugarura amahoro n’ubwiyunge mu Isi yose, ndetse ubutabera bwacu buganze bityo ijambo ryanjye na DATA koko rikomeze kumvikana hose kandi koko rikomeze gusukura ndetse no gususurutsa imitima yose ibaho ikomeza kuzirikana ibikorwa byacu bitagatifu kandi bikomeza kuzirikana imbaraga zikomeye dukomeje kugenda dusendereza mu Isi yose.

Mbakolotirije ingabo zanjye kugira ngo zikomeze kubarinda kandi zikomeze kubashyigikira bityo zirusheho kubateza intambwe kandi zirusheho gukomeza ubuzima bwanyu, nimuhungire mu bwihisho bwanjye butagatifu kandi murusheho gukomeza gutagatifuza ndetse no gutakambira buri kiremwa cyose kugira ngo urukundo rwacu rukomeze kwigaragaza kandi rucagagure iminyururu yose y’umwanzi, cyane cyane abo Sekibi yaboshye kandi abo yateye ingohi ze z’imigozi ku buryo badashobora kumwiyaka kandi badashobora kumwigobotora muri iki gihe ; ni igihe cyo gukora ibikorwa bikomeye kandi bitagatifu ndetse no kurwanirira izo roho zose, kugira ngo zigaruke mu rukundo rwanjye kandi zikomeze gusenderezwa ububasha bwanjye butagatifu.

Ndabakomeje mu bubasha bwanjye butagatifu, nimukomere kandi mugubwe neza kuko ndi kumwe namwe, kandi nkaba mbarangaje imbere, narabakunze ndabatonesha kandi mbagaragarizamo ibyiza byanjye kandi nabatoye mbizeye ko muri intwari, nzi neza ko urukundo rwanjye rutagatifu rwose ngomba kurubegurira kandi ibyiza byanjye byose nkabibasendereza, bityo nkabahaza imbaraga zacu, nkabahaza umukiro wanjye mutagatifu ; niyo mpamvu iteka ryose mpora ndi kumwe namwe, mbashyigikira kandi mbatagatifuza, mbahaza imbaraga z’agatangaza kugira ngo Isi yose irusheho kumenyeraho umukiro wanjye mutagatifu kandi irusheho kumenya ko nganje mu buzima bwanyu iteka ryose.

Mbifurije umunsi mwiza, nimukomere kandi muganze, bityo mukomeze gutagatifuzwa ndetse no gusukurwa mwakira ibyiza by’agatangaza kugira ngo abo mutegeye ibiganza kandi abo mubereye maso bose bakomeze kubabonamo ibyiza kandi bakomeze kwakira imbaraga zikomeye kandi koko z’agatangaza mu Isi, bityo urukundo rwacu rukomeze kwigaragaza kandi ububasha bwacu butagatifu koko bukomeze gusendera mu bateze ibiganza bakeneye umukiro kandi bakeneye ibyiza by’agatangaza DATA yagennye kandi yatagatifurishije Isi yose.

Mbifurije kugubwa neza, nimukomere ku rugamba kandi koko mwakire imbaraga zibatagatifuza kandi zibakomeza, ndi kumwe namwe muryango muhire wanjye na DATA, nimukomere kandi koko murusheho gusenderezwa umukiro wanjye kuko iteka ryose mpora mbagaragiye kandi ngahora mbarinze ; mbasendereje imbaraga zanjye kandi mbatagatifurishije ububasha bwanjye butagatifu, kuko nkomeje kubateza intambwe kandi koko nkomeje kubageza ku musozo kugira ngo icyo nasezeranye kuri buri wese ndusheho kugisohoza kandi nkomeze kumuhaza ibyiza by’ububasha bwanjye na DATA yakira umukiro wacu mutagatifu kandi ahazwa ibyiza byose tuugenera kandi tumugezaho buri munsi ; ndabashyigikiye, nimukomere ku rugamba kuko ndi kumwe namwe kandi koko tukaba turimo gukorana imirimo ikomeye kandi idasanzwe mu Isi yose kugira ngo urukundo rwacu rukomeze kwigaragaza kandi rukomeze gusagamba mu mitima yose kugira ngo abateze ibiganza bakomeze kuronka umukiro kandi bakomeze kuronka ibyiza DATA yabategenyirije kandi yabageneye kuri uyu munsi ; ndabakunda ntumwa zanjye kandi ndabashyigikiye, nimukomeze mube intwari kandi koko mukomeze mube abasirikare batojwe kandi bakerekwa ikiri icyiza, bityo urukundo rwanjye rukomeze rugume muri mwe kandi ububasha bwanjye butagatifu bukomeze kubahaza umukiro kandi bukomeze kubaha ubutungane ndetse no gutekanira mu cyo mbashakaho kandi mbifuzaho umunsi ku wundi ; ndi kumwe namwe, nimukomere ku rugamba kandi mbarangaje imbere kugira ngo iteka ryose mukomeze kumva ko ndi muri mwe, kandi koko nkomeje kubakomeresha imbaraga zanjye zikomeye kuko ari ibikorwa bikomeye kandi bidasanzwe.

Umunsi mwiza kuri buri wese turi kumwe ntore zanjye kandi ndabakunda, ndabashyigikiye kuko mbarangaje imbere ku rugamba mu bikorwa bikomeye kandi mu mirimo idasanzwe, kugira ngo iteka ryose mukomeze kumva urukundo rwanjye kandi mukomeze guhora mwiyuhagira urukundo rwanjye rutagatifu ; umugisha wanjye nubakomeze kandi ubatagatifuze mu bubasha bwanjye butagatifu kuko mbashyigikiye kandi nkaba mbarinze.

AMAHORO, AMAHORO, UMUNSI MWIZA KURI BURI WESE, NDI YEZU KRISTU W’I NAZARETI, AMAHORO, AMAHORO !

By MONAKI

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *